Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nepal: Abantu 143 Bishwe N’Umutingito
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nepal: Abantu 143 Bishwe N’Umutingito

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2023 8:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murwa mukuru wa Nepal, Kathmandu, hari imiborogo nyuma y’urupfu rw’abantu 143 bishwe n’umutingito ukomeye wabatunguye baryamye.

Abahanga bapimye basanga wari ufite igipimo cya Richter cya 5.6 ndetse ngo indiri yawo bapimye basanga iri mu misozi miremire ya Himalaya, mu bilometero 18 ujya mu nda y’isi aho bita Mantle.

Inzu zibasiwe nawo ni izubakishijwe ibikoresho bidakomeye ndetse n’izubatswe ahantu hahanamye cyane.

Umugore w’aho witwa Kamala Oli yabwiye AFP ko uriya mutingito wabatunguye basinziriye.

Avuga ko wahitanye umwana bari bafite mu nzu mu ijoro baryamye, we n’undi muntu umwe bararokoka.

Mu bitaro bikuru by’ahaitwa Nepalgunj hari abantu benshi bahoherejwe ngo bavurwe imvune batewe n’inkuta zabagwiriye n’ibindi byabakomerekeje.

Nepalgunj ni umujyi uturanye n’Ubuhinde

AFP ivuga ko ubukana bw’uyu mutingito bwumvikanye no mu Murwa mukuru w’Ubuhinde , New Delhi, mu bilometero 500 uvuye aho watangiriye twavuze haruguru.

Ubu hari abantu 100 bari kwitabwaho n’abaganga kubera imvune n’ibikomere batewe nawo.

Ibyo kandi biragendana n’iyangirika ry’ibikorwaremezo birimo imihanda, imirongo y’amashanyarazi n’itumanaho, gucika kwa murandasi n’ibindi.

Minisitiri w’Intebe wa Nepal yafashe abaturage mu mugongo, ababwira ko Guverinoma ibabajwe n’ibyabaye kandi ko iri bukore uko ishoboye ibikorwa remezo bigasanwa kandi ikita ku miryango yasenywe n’iki kiza.

Nepal ni igihugu gito kiri mu Majyaruguru w’Ubuhinde, kikaba mu Majyepfo y’Ubushinwa
TAGGED:AbaturageAmashanyaraziBuhindeIkizaInkomereIsiKathmanduNepalUmutingito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kubaka Ishuri Rikomeye Ry’Ubukerarugendo
Next Article Umubano W’u Rwanda Na Pakistan Wagukiye Mu Mikoranire Ya Za Sena
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?