Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngirente Yasabye Aborozi Kongera Amata Baha Uruganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Yasabye Aborozi Kongera Amata Baha Uruganda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2024 6:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente ubwo yafunguraga ku mugaragaro uruganda rukora ifu mu mata y’inka yavuze ko bikwiye ko umukamo uzamuka ukaba wagera cyangwa ukarenga litiro 40 ku munsi.

Avuga ko bikwiye ko aborozi baha inka ibiribwa bituma umukamo wiyongera ukaba wava kuri litiro eshanu ukazamuka ku kigero kinini kurushaho.

Ngirente avuga ko kugira ngo ibyo bishoboke ari ngombwa ko amatungo yitabwaho, agahabwa ibiribwa, imiti n’ibindi bituma umukamo uzamuka abantu bakihaza mu mata ariko bakanasagurira ruriya ruganda ruri mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare.

Minisitiri w’Intebe yagize ati: “Muri urwo rwego twongeye gusaba aborozi korora neza inka zitanga umukamo utubutse kugira ngo uru ruganda ruzabone amata ahagije rutunganya”.

Ku ruhande rundi, Ngirente ashima ko hari aborozi ‘benshi’ bamaze kugirana amasezerano n’uruganda rw’Inyange yo kurugemurira amata.

Ashima ko ibyo bishingiye ku masezerano bikaba ikintu cyo kwishimira kandi abizeza ko umukamo nk’uwo utazabura isoko.

Dr. Edouard Ngirente avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yafashe kandi igikomeje gufata ingamba zigamije kuzamura umukamo hagamijwe kongera ubwinshi n’ubwiza bw’amata no  kubaka ubushobozi bw’aborozi.

Avuga ko icyo Guverinoma y’u Rwanda ishaka ari uko ubworozi burushaho kuba umwuga ubyara inyungu utunze nyirawo.

Hirya no hino mu gihugu, binyuze mu mishinga itandukanye, aborozi bahawe imbuto y’ubwatsi bugezweho banahabwa n’icyororo cy’inka zitanga umukamo uhagije, Ngirente akemeza ko Leta yakomeje gufasha aborozi bose bo mu Rwanda mu kurwanya indwara mu matungo.

Ku byerekeye ubuzima bw’amatungo, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente asaba aborozi ko igihe cyose havuzwe icyorezo mu matungo, ari ngombwa ko habaho ubufatanye hagati yabo na Leta kugira ngo gikumirwe kandi kirwanywe mu matungo yamaze kwandura.

Mu rwego rwo kwirinda ko ibyo byorezo bivuka kandi bigakwira vuba, Ngirente yagiriye aborozi inama yo gukomeza kororera mu biraro.

Kororera mu biraro bigira akamaro mu kongera umukamo no gukoresha neza ubutaka.

Uruganda rwa Inyange rwuzuye rutwaye miliyoni $ 51.

Ruri mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare.

TAGGED:AboroziAmatafeaturedNgirenteNyagatareUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamakuru Bujakera Yavuze Akaga Yaboneye Muri Gereza
Next Article Min Dr. Mujawamariya Yirukanywe Muri Guverinoma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri Ingabire Yabwiye Isi Uko u Rwanda Rwimakaje Ikoranabuhanga

Umusaruro Wa RSSB Wikubye Kabiri Mu Myaka Itatu

Uko DJ TOXXYK Yireguye Mbere Y’Uko Hemezwa Ko Afungwa By’Agateganyo

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbukungu

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?