Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngoma: Indwara Y’Ubuganga Yugarije Amatungo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Ngoma: Indwara Y’Ubuganga Yugarije Amatungo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2024 9:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, kivuga ko mu Karere hari amatungo 18 zamaze kugaragaraho indwara y’ubuganga.

Iyo inka itavujwe vuba na bwangu iraremba bikayiviramo urupfu.

Ubuganga ni indwara abahanga bita Rift Valley Fever.

Kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru, amatungo yagaragaragaho ubu burwayi yari inka zirindwi, intama enye n’ihene eshanu yose, akaba ayo  mu Mirenge ya Kazo, Mutenderi na Rurenge mu karere ka Ngoma.

Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ushinzwe kurwanya indwara,

Dr.Fabrice Ndayisenga ushinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi muri RAB yabwiye Kigali Today ko  indwara ikigaragara bihutiye gukingira amatungo bahereye mu Mirenge yagaragayemo.

Ibyo kuyakingira byatangiye mu mpera za Kanama, kandi kuva icyo gihe hamaze gukingirwa  gukingirwa inka 2,165 ku 10,999 ziteganyijwe bingana na 32%, ihene 6,144 ku 20,972 bingana na 32.5% ndetse n’intama 101 ku 1,028 bingana na 56.8%.

Ndayisenga avuga ko gukingira amatungo bizakomereza no mu yindi mirenge 12 mu mirenge 14 igize Akarere ka Ngoma.

Ubwo yasobanuraga igitera iyi ndwara, Dr. Fabrice Ndayisenga yavuze ko ari umubu.

Yasabye aborozi kujya boza amatungo yabo kenshi byibura kabiri mu Cyumweru kandi bakanayakingiza mu gihe cyagenwe.

Uriya mukozi wo muri RAB avuga ko kugira ngo amatungo abe atekanye, ari ngombwa ko yozwa kabiri mu Cyumweru( babyita kuyafuherera) kandi agakingizwa buri mwaka.

Aborozi basabwe kugana ba Veterineri bakabasuzumira amatungo kandi ayo basanze arwaye bakayavura.

Amatungo arwaye ubuganga araramburura iyo ahaka, akarangwa no kugira umuriro mwinshi no kuzana amaraso mu mazuru.

Ikindi abaganga basaba ni uko abantu bakwirinda gukora ku matungo arwaye kuko ashobora kubanduza iyo ndwara binyuze mu gufata mu maraso yayo cyangwa ku yandi matembabuzi.

Abagirwa inama kurusha abandi ni ababazi bayo cyangwa abandi bakunda kurya akaboga.

RAB isaba abaturage kwihutira kumenyekanisha itungo ryose rikekwaho cyangwa ryagaragaje ibimenyetso byihariye by’indwara y’ubuganga birimo kuramburura, kuva amaraso mu mazuru, bakabwira ubuyobozi bubegereye.

Yasabye kandi ko amatungo yuza (inka, ihene n’intama) yose ari mu gace kanduye (Umurenge wa Kazo) aguma aho yororewe.

Iki kigo kivuga ko nta tungo ryemerewe kuva mu gace kamwe rijya mu kandi, ridafite uruhushya rutangwa na muganga w’amatungo ubishinzwe rwemeza ko iryo tungo ari rizima kandi rugaragaza aho rigiye.

Aborozi b’inka, ihene n’intama basabwe gukoresha imiti yica imibu ikwirakwiza iyi virusi binyuze mu gufuherera amatungo, gusiba ibinogo by’amazi, gutema ibihuru biri hafi y’ibiraro, kwambara imyenda n’ibikoresho by’ubwirinzi ku bita ku matungo akekwaho uburwayi ibi bigakorwa mu kwirinda ko ayo matungo yakwanduza abantu.

Ku ruhande RAB ivuga ko kubaga amatungo bidahagaritswe muri Ngoma.

iryo tungo rigasuzumwa hafatwa amaraso ko ritanduye indwara y’ubuganga ibisubizo bikaboneka mu gihe kitarengeje amasaha 24 akaba aribwo yemererwa kubagwa.

TAGGED:AborozifeaturedIndwaraNgombaRABUbuganga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Irashaka Kongera Ubufatanye N’Ingabo Za Bangladesh
Next Article Uko Afurika Ikomeje Kuzirikwa Ku Ngoyi Y’Umwenda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?