Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngororero: Ababyaza Bakurikiranyweho Gukomeretsa Uruhinja Rugapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Ngororero: Ababyaza Bakurikiranyweho Gukomeretsa Uruhinja Rugapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 February 2024 1:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Kabaya muri Ngororero haravugwa inkuru y’ababyaza babiri baherutse gutabwa muri yombi na RIB bakurikiranyweho gukomeretsa umwana wavukaga babonye apfuye baratoroka.

Byabereye mu bitaro bya Kabaya biherereye mu Karere ka Ngororero, Umurenge wa Kabaya, Akagari ka Kabaya mu Mudugudu wa Rurembo, iminsi ikaba igiye kuba 11.

Abafashwe na RIB ni Hagenimana Jean Pierre w’imyaka 28 na mugenzi we witwa Nyiranjemubandi Vestine w’imyaka 36.

Bombi bafashwe ku wa 29, Mutarama, 2024 bakurikiranyweho icyaha cy’ubwicanyi ‘budaturutse ku bushake.’

Urwego rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwamaze guta muri yombi Hagenimana Jean Pierre w’imyaka 28 na Nyiranjemubandi Vestine w’imyaka 36, bakurikiranyweho iki cyaha.

Ruvuga ko yabataye muri yombi ku wa 29, Mutarama, 2024.

Urwego rw’ubugenzacyaha ruvuga ko ‘hari umubyeyi wagiye kubyarira ku bitaro bya Kabaya, abyazwa nabo baganga nyuma baza gukomeretsa umwana barimo babyaza umubyeyi umwana yitaba Imana.

Umwana bamukomerekeje mu mutwe ubwo bongereraga nyina, bashakira umwana inzira.

Ryungamo ko bamaze kubona ibyo bakoze, bahita batoroka ntibagaruka mu kazi bitewe nibyo bari bamaze gukora.

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, ruvuga ko abakekwa bafungiye kuri sitasiyo ya Kabaya muri Ngororero mu gihe dosiye yabo iri gutunganywa ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha.

Nibaramuka bahamijwe iki cyaha, bazahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu(6) ariko kitarenze imyaka ibiri(2)  n’ihazabu y’amafaranga kuva ku Frw 500,000 ariko atarenze Miliyoni Frw 2  cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:AbabyazafeaturedKabayaNgororeroRIBUbugenzacyahaUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Yashyize Indabo Ku Imva Intwari Z’u Rwanda Ziruhukiyemo
Next Article Kamonyi: Yamaze Amasaha 29 Yagwiriwe N’Ikirombe Bamusanga Ari Muzima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?