Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngororero: Hadutse Indwara Iterwa No Kubura ‘Urukundo Rwa Kibyeyi’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngororero: Hadutse Indwara Iterwa No Kubura ‘Urukundo Rwa Kibyeyi’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 December 2022 8:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Ngororero haravugwa indwara abantu bahimbye Tetema ikaba yibanda ku bakobwa. Iravugwa mu kigo cy’amashuri kitwa College Amizero Ramba.

Ubuyobozi bw’iri shuri buvuga ko iyi ndwara imaze iminsi mike igaragaraye mu kigo kandi ngo yafashe abakobwa batandatu, babiri barakira abandi babiri boherezwa iwabo, ubwo abandi babiri baracyarwaye .

Ibi nibyo umuyobozi w’iri shuri witwa Napoléon Bigirango yabwiye bagenzi bacu bo k’UMUSEKE.

Yagize ati: “ Ni indwara bakunze kwita Tetema.  Hashize iminsi itatu abana bayirwaye. Tukibibona twahise tubajyana ku kigo nderabuzima duturanye, bari batandatu(6) babiri(2) barakize ariko abandi babiri(2) bo twabacyuye iwabo uyu munsi.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bimwe mu bimenyetso by’iyo ndwara ngo ni uko uwo yafashe atititira cyane ndetse ngo abo banyeshuri ntibabashaga kwandika kuko baba batitira, ibyo bagenzi babo bahimbye ‘gutetema.’

Ikindi kiyiranga ni uko uwo yafashe ananirwa guhumeka neza.

Umuyobozi wa kiriya kigo yavuze ko babajije abaganga bababwira ko ari indwara ‘ijyanye n’imitekerereze’ ndetse bakabagira inama yo ‘guha imbuto nyinshi’ abo bana.

Abo bakobwa babiri boherejwe iwabo,  biteguraga gukora ibizamini birangiza igihembwe cya mbere.

Icyakora ngo niboroherwa vuba, bazagaruka bakore ibizamini ariko ngo nibikomeza kwanga bazahabwa ibizamini byihariye.

- Advertisement -

Tetema ikunze kugaragara mu bigo bicumbikira abanyeshuri cyane cyane mu bakobwa.

Ni indwara iterwa no kubura urukundo rwa kibyeyi …

Umwe mu bahanga mu buzima bwo mu mutwe witwa Angélique Mukanyonga yabwiye bagenzi bacu ko iriya ndwara ishingiye ku ihungabana ry’amarangamutima ya muntu, bigaterwa no ‘ kubura urukundo rwa kibyeyi.’

Mukanyonga avuga ko yibasira abakobwa cyane kubera ko bakunze gukunda ba Se cyane bigatuma iyo bageze mu gihe cyo gukundana n’abahungu, bahungabanywa n’ibintu bitari byiza ‘baba barabonye kuri ba Se.’

Yagize ati:“Tetema iterwa no kubura urukundo rw’ababyeyi cyane cyane Papa kubera ko abakobwa bakunda ba Papa, iyo umwana ageze rero mu gihe cyo kuba yakundana n’umuhungu aterwa ikibazo nibyo yabonye kuri Se bitari byiza. Bimutera ubwoba bwo gukundana noneho akagira ikibazo mu mitekerereze.”

Avuga ko iyo umwana w’umukobwa adafite uwo aganiriza icyo kibazo, ngo amutege amatwi, bimuremerera bikamutera ibibazo bigera no mu ngingo zisanzwe z’umubiri ari naho gutitira ‘bizira.’

Iyo bigenze bityo, ni ngombwa ko uwo mukobwa ajyanwa kwa muganga akitabwaho n’abatanga serivisi z’ubuzima bwo mu mutwe.

Kuganirizwa no gufashwa kugorora imyakura ( abahanga babyita Hydrotherapie) nibwo bufasha uwagize kiriya kibazo ahabwa ku ikubitiro.

Iby’uko ahabwa imbuto nyinshi ngo azirye, byo ngo si umuti gusa ngo kurya imbuto byo  ntacyo bitwara uwo ari we wese.

Imbuto ni nziza ku muntu wese kandi zitera akanyamuneza

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero ushinzwe imibereho myiza y’abaturage witwa Benjamine Mukunduhirwe  yabwiye Taarifa ko abana bagize kiriya kibazo ari abo mu Mujyi wa Kigali biga kuri ririya shuri kandi ngo boherejwe iwabo ubu bari kwitabwaho.

TAGGED:featuredImbutoIndwaraNgororeroUbuzimaUmutwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Fidel Gakire Ufungiye Mageragere ‘Akurikiranyweho’ Impapuro Mpimbano
Next Article U Rwanda Rwahawe Miliyoni $319 Zo Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?