Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngororero: Ingo 24,000 Zigiye Kuzahabwa Amashanyarazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ngororero: Ingo 24,000 Zigiye Kuzahabwa Amashanyarazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 July 2024 2:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwatangaje ko mu myaka itanu iri imbere buzaha ingo 24,000 amashanyarazi kugira ngo ziteze imbere.

Ni amakuru Meya w’aka Karere Christophe Nkusi yahaye bagenzi bacu ba The New Times.

Nkusi avuga ko izo ngo nizibona ayo mashanyarazi bizatuma umubare w’ingo zicaniwe mu Karere ayobora uva kuri 57.8% ugere ku 94%.

Icyizere cy’uko uwo mubare uragerwaho gishingiye ku ngingo y’uko hafi y’aka Karere hari kubakwa urugomero ruzagaha amashanyarazi hamwe n’Akarere ka Gakenke na Muhanga.

Kurwubaka bigize umushinga wiswe EPC Ngororero project (Engineering Procurement and Construction) watangiye muri Kanama, 2022 ukaba witezwe kurangia mu Ukuboza, 2024.

Ngororero kandi ifite amahirwe yo gutera imbere kubera imishinga izahubakwa ku nkunga ya Banki y’isi ndetse n’Ikigo cy’Abafaransa gishinzwe iterambere mpuzamahanga, iyo mishinga yose ikaba ifite agaciro ka miliyoni $25.

Abazungukirwa cyane n’iyi mishinga ni urubyiruko rwo muri aka Karere rwugarijwe n’ubushomeri.

Meya wa Ngororero avuga ko ahantu hose hageze amashanyarazi ibintu bihinduka, abahatuye bagatera imbere.

Yunzemo ko kuba Akarere ke kari mu turere tutagiraga amashanyarazi ku kigero cyo hejuru byakadindizaga cyane mu iterambere.

Abatuye aka karere nabo bishimiye ko uwo mugambi wo kubakwirakwizamo amashanyarazi uhari kandi bizeza abayobozi ko natangira kubageraho bazayabyaza umusaruro.

Ahantu hari hamaze igihe hataba amashanyarazi ni ahitaruye kuko kuzagera amapoto bigorana.

Icyakora ngo kuri iyi nshuro hazakorwa ibishoboka byose amashanyarazi ahagere, abahatuye biteze imbere.

Abo mu Kagari ka Gaseke mu Murenge wa Kabaya muri aka Karere bari mu bataka cyane ko badafite amashanyarazi kandi ko bayakeneye.

Imibare iheruka yerekana uko imibereho n’imiturire by’Abanyarwanda  biteye, (Rwanda Population and Housing Census 2022) yerekana ko amashanyarazi ari muri Ngororero angana na 40%, ahandi hose hakaba ntayo wahasanga.

Abenshi mu bayituye iyo bwije bacana itoroshi, abandi bagakoresha buji cyangwa igishiri­ra.

TAGGED:AmashanyarazifeaturedMeyaNgororeroNkusi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urwego Rw’Amabanki Mu Rwanda Rwishimira Intambwe Rwateye
Next Article U Rwanda Ruherutse Guha Zimbabwe Toni 1,000 Z’Ibigori
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?