Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngororero: Yafashwe Akorera Undi Ikizamini Cy’Uruhushya Rw’Agateganyo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngororero: Yafashwe Akorera Undi Ikizamini Cy’Uruhushya Rw’Agateganyo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 June 2023 10:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umusore w’imyaka 22 wo mu Mudugudu wa Ngororero, Akagari ka Kabeza, Umurenge wa Ngorerero aherutse gusanganwa mudasobwa yakoreragaho ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo cy’undi muntu.

Hari ahagana saa kumi z’umugoroba.

Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba yavuze ko uriya musore  yafashwe ubwo abapolisi bagenzuraga ko abakandida bujuje ibyangombwa mbere yo gutangira ikizamini.

Ubwo abakandida bari bamaze kugera mu cyumba gikorerwamo ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo, abapolisi baje kugenzura ngo barebe niba bose bahari kandi bujuje ibisabwa.

Bageze kuri uyu musore basanga imyirondoro y’uwiyandikishije gukora ikizamini idahuye n’uwari ugiye kugikora.

Yahise yambikwa amapingu.

Uwafashwe yabwiye abapolisi ko uwo yari agiye gukorera ikizamini yari bumuhembe Frw 45,000.

Yari yahinduye na nomero bakoreraho ikizamini ari yo code, ashyiraho izina rye.

CIP Rukundo yagiriye inama abashaka uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga ko bakwiriye guca mu nzira ziteganywa n’amategeko, bakiga neza yaba amategeko y’umuhanda ndetse no gutwara ibinyabiziga bakitsindira ubwabo.

Avuga ko inzira z’ubusamo zidahira uziciyemo.

Yashyikirijwe Urwego rw’ ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Ngororero kugira ngo iperereza rikomeze ku cyaha akurikiranyweho.

Ingingo ya 278 y’itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko; Umuntu wese uha cyangwa uhesha undi impapuro z’inzira zikoreshwa mu gihugu cyangwa ku bajya mu mahanga, impamyabumenyi cyangwa impamyabushobozi, urupapuro rw’amanota, impushya zo gutwara ibinyabiziga n’izindi mpapuro cyangwa inyandiko cyangwa ibyemezo bitangwa n’inzego zabigenewe; azi ko adakwiye kuyihabwa, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:IgifungoNgororeroPolisiUruhushya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuki Kigali Iza Imbere Mu Kwakira Inama Mpuzamahanga Zibera Muri Afurika?
Next Article Ikigo Umuziki Trace Kirashaka Gukorana N’Abahanzi Nyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?