Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ni Bande Bagiye Kuganira K’Uguhagarika Intambara Ya Ukraine N’Uburusiya?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ni Bande Bagiye Kuganira K’Uguhagarika Intambara Ya Ukraine N’Uburusiya?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 February 2025 6:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Riyadh muri Arabie Saoudite hatangiye ibiganiro biri mu bikomeye biri kuba ku isi bigamije guhagarika intambara y’Uburusiya na Ukraine.

Ese ni bande bari ku meza y’ibiganiro?

Ku ruhande rw’Uburusiya hari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Sergei Lavlov.

Ni umugabo uzi ububanyi n’amahanga mu myaka 20 amaze akora aka kazi, akaba afite imyaka 72 y’amavuko.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Agaragiwe n’umujyanama wa Perezida Putin mu bya politiki mpuzamahanga witwa Yuri Ushakov.

Ushakov yigeze guhagararira Uburusiya muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Ku ruhande rw’Amerika, uyoboye iri tsinda ni Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio.

Akikijwe n’Umujyanama wa Trump mu by’umutekano witwa Mike Waltz akaba umusirikare ukomeye wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, akaba inshuti ya Trump y’igihe kirekire.

Undi uri ku ruhande rwa Amerika ni Steve Witkoff, akaba asanzwe ari intumwa yihariye ya Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati.

- Advertisement -

Witkoff ni umuherwe ufite miliyari z’amadolari akaba asanzwe akinana na Trump umukino wa Golf, umukino ahanini ukinwa n’abaherwe.

Uruhande rw’umuhuza ari rwo Arabie Saoudite ruhagarariwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga igikomangoma Faisal bin Farhan al-Saud n’umujyanama mu by’umutekano witwa Musaed bin Mohammed al-Aiban.

Bari kuganira uko intambara ya Ukraine yahagarara.

BBC yanditse ko hari igihugu kitahawe umwanya muri ibyo biganiro kandi kiri mu birebwa n’iriya ntambara cyane ari cyo Ukraine.

Perezida wayo Volodymyr Zelensky avuga ko kudatumirwa muri biriya biganiro ari ikosa kuko nta mahoro areba Ukraine yagerwaho itayahawemo umwanya.

Gusa Zelensky ari muri Turikiya guhura na Recep Tayyip Erdogan.

Mu gutangira ibiganiro, uruhande rwa Amerika ruvuga ko ibi biganiro bitagamije gutangira kwiga uko intambara ya Ukraine n’Uburusiya yahosha, ahubwo rwazanywe no kugenzura rwitonze niba ‘koko’ Abarusiya bashaka ko intambara ihagarara.

Uruhande rw’Uburusiya rwo ruvuga ko intego nkuru ari uguharanira ko umubano wabwo na Amerika uba mwiza.

Nyuma yo kubona ko Abanyamerika n’Abarusiya babaheje muri biriya biganiro, Abanyaburayi bahise batangira gushaka uko bazishakamo ibisubizo byazabafasha kwirindira umutekano ubwo bazaba basagariwe n’Uburusiya.

Ni icyemezo cyatangiye gutekerezwaho nyuma y’uko Visi Perezida wa Amerika JD Vance abwiriye Abanyaburayi mu nama ya Munich yiga ku mutekano ku isi ko imiterere y’ubufatanye mu bya gisirikare hagati ya Washington na Brussels muri iki gihe yahindutse.

Yabaciriye amarenga ko bakwiye gutangira kwishakamo ibisubizo.

Aho niho Perezida wa Ukraine yahereye asaba bagenzi be bo mu Burayi gutangira kwiga uko bwakwishyiriraho igisirikare cyabwo.

Imikoranire hagati y’Uburayi na Amerika mu by’umutekano yatangiye nyuma y’intambara ya kabiri y’isi, ubwo umuryango wo gutabara kwa Amerika n’ibihugu by’uburayi, NATO/OTAN, washingwaga.

Hari tariki 4, Mata, 1949, ubu hashize imyaka 75.

Icyicaro cya NATO kiba mu Bubiligi, i Brussels.

Nyuma y’iki gihe cyose, ubu nibwo wavuga ko uyu muryango uri mu marembera kuko Abanyamerika bavuga ko batazakomeza kuwuheka bonyine.

Bavuga ko barambiwe gutanga ingengo y’imari nyinshi ku bihugu bitagira ikintu kinini biwutangamo.

Amerika isaba ibindi bihugu biwugize gutanga andi mafaranga umuryango ukeneye ngo ukore.

Ikinyamakuru kitwa Politico cyashingiwe mu Budage ariko gikorera muri Virginia, USA, kivuga ko mu myaka ine ya manda ya Donald Trump Uburayi buzahitamo gukomeza kugendera mu mugongo wa Amerika cyangwa niba bwacuka, bukamenya ko amazi atakiri ya yandi.

TAGGED:AmerikaArabieBurusiyafeaturedIbiganiroIntambaraPutinSaoudite
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gicumbi: Impanuka Yitanye Abantu Batatu
Next Article Wazalendo Yarasanye Na FARDC Hapfamo 12
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?