Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ni Ibintu Bibaho – RDC Yavuze Ku Basirikare Ba RDF Bageze Ku Butaka Bwayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ni Ibintu Bibaho – RDC Yavuze Ku Basirikare Ba RDF Bageze Ku Butaka Bwayo

admin
Last updated: 21 October 2021 3:40 pm
admin
Share
SHARE

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo Minisitiri Patrick Muyaya, yemeje ko kuba abasirikare b’u Rwanda barinjiye ku butaka bwabo bidakwiye guca igikuba, nubwo bidashimishije kandi ko barugaragarije aho bahagaze.

Mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 18 Ukwakira nibwo byemejwe ko inzego z’umutekano z’u Rwanda zakurikiranye abantu binjiraga mu gihugu mu buryo butemewe, mu Kagali ka Hehu, Umurenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu.

“Inzego z’u Rwanda zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko, zitabigambiriye zarenze metero nke ku butaka bwa RDC ubwo zari zikurikiranye abantu binjiraga mu gihugu bafite imizigo itarahise imenyekana kandi bigakekwa ko bitwaje intwaro,” nk’uko RDF yabitangaje.

Nyuma y’icyo gikorwa, abanyapolitiki benshi muri RDC bakomeje kwijundika u Rwanda, basaba igihugu cyabo kugira icyo gikora.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Byageze aho Umudepite ku rwego rw’igihugu, Jackson Ausse, ku wa 19 Ukwakira asaba ko Minisitiri w’Ingabo atumizwa n’Inteko Ishinga amategeko, ngo asobanure icyabaye n’ikigomba gukurikira.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri Muyaya yavuze bamaganye ibyabaye, ndetse ko u Rwanda rwabimenyeshejwe.

Ati “Ntekereza ko inzira za dipolomasi zakoreshejwe kugira ngo ibyabaye bisobanuke mu maguru mashya.”

Yavuze ko Ingabo zihuriweho z’Akarere k’ibiyaga bigari zishinzwe kugenzura ibibazo byo ku mipaka (EJVM), zatangiye gukora iperereza ku byabaye.

Yakomeje ati “Twarabyamaganye, ariko urebye urwego rw’ibyabaye ni ibintu bishobora kubaho, ntabwo ari ibintu bidasanzwe bishobora kongera guhungananya umubano dufitanye n’abaturanyi bacu. Ariko ntabwo twifuza ko byazasubira, byamenyeshejwe umuturanyi wacu.”

- Advertisement -

Muri icyo kiganiro, umunyamakuru Innocent Olenga wahoze akorera Radio Okapi ubu uyobora Scoop RDC, yamubajije impamvu “usanga u Rwanda iteka rutwendereza, nta na rimwe RDC ishotora u Rwanda”, cyangwa ugasanga ingabo z’u Rwanda zitera Congo, izayo ntizinjire mu Rwanda.

Ati “Turibaza niba igisirikare cyacu gifite intege nke ugereranyije n’icy’u Rwanda, kuko buri gihe usanga kiri mu mwanya wo guca bugufi ku Rwanda.”

Minisitiri Muyaya yavuze ko RDC idafite igisirikare cyoroshye, ahubwo ibice byo ku mipaka nta hantu na hamwe bidahura n’ibibazo, rimwe na rimwe bikanakabirizwa.

Yavuze ko mu gihe habaye ibibazo nka biriya bitari bikwiye gushakisha imbarutso (casus belli) kubera ko “ni ibintu bibaho”.

Ati “Ku nzego za dipolomasi, iza gisirikare, ingabo zacu ziravugana kandi ntekereza ko ubutumwa bwatambutse. Ku ruhande rwacu ni ibintu bidakwiye, ariko ni ngobwa kwitonda kuko nubwo waba ufite igisirikare gikomeye kurusha ibindi ku isi, ku bintu nka biriya ntiwahita ukoresha ubushobozi bwose ufite bwa gisirikare.”

Yavuze ko buri gihe hari ikibaye atari ngombwa gushakisha impamvu za kure, kandi bizeye ko bitazasubira.
Mu itangazo Ingabo z’u Rwanda ziheruka gusohora, zashimangiye ko RDF na FARDC bafitanye umubano mwiza kandi bakomeje gufatanya mu bijyanye n’umutekano.

Ibinyamakuru byo muri Congo bivuga ko ubwo abasirikare b’u Rwanda barengaga umupaka, hanabayeho kurasana ubwo abasirikare ba RDF babohozaga bagenzi babo babiri bari bafashwe n’ingabo za Congo, FARDC.

Binavuga ko uretse kuba ingaboz’u Rwanda zabateye, zari zanigaruriye imidugudu itandatu ariko zikaza gusubira inyuma.

TAGGED:FARDCfeaturedInnocent OlengaPatrick MuyayaRDFRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Wamenya Ku Mushinga w’Ibyogajuru U Rwanda Rushaka Kohereza Mu Isanzure
Next Article Umwamikazi W’U Bwongereza ‘Yajyanywe’ Kwa Muganga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyamasheke: Umukecuru Warokotse Jenoside Yishwe Atemwe

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Papa Aratangira Inshingano Ze Ku Mugaragaro

Kagame Yaganiye Na NBA Africa Uko Basket Yatezwa Imbere Kurushaho

Israel Yatangije Ibitero Bikomeye Kuri Gaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?