Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ni Iyihe Nyungu U Rwanda Rufite Mu Kwakira Abimukira Bava Mu Bwongereza?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ni Iyihe Nyungu U Rwanda Rufite Mu Kwakira Abimukira Bava Mu Bwongereza?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2023 9:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’ikiganiro yagiranye n’Umunyamabanga ushinzwe umutekano mu Bwongereza witwa Suella Braverman, Minisitiri Dr. Vincent Biruta yabwiye itangazamakuru ko inyungu y’u Rwanda mu kwakira abimukira bava mu Bwongereza ari umusanzu mu gukemura ikibazo cyabo.

Suella Braverman ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.

Yazanywe no gukomeza ibiganiro n’u Rwanda kuri gahunda rusangiye n’u Bwongereza yo kwakira abimukira bagera muri kiriya gihugu mu buryo budakurikije amategeko kandi bushyira ubuzima bwabo mu kaga.

U Rwanda rwiyemeje kubakira kugira ngo babeho neza bafite aho bahengeka umusaya bityo batekereze neza uko ubuzima bwabo bwazagenda ejo hazaza.

Dr Biruta yabwiye abanyamakuru  ati: “Inyungu ikomeye ni uko u Rwanda ruzagerageza gushaka igisubizo cy’iki kibazo cy’abimukira bimukira mu mahanga kandi mu buryo butanyuze mu nzira zubahiriza amategeko, ugasanga ari abantu bajyanwa n’abantu  babungukiramo  kubera gucuruza abantu, ababatwara babaca amafaranga kandi ayo babaciye benshi ntibanagere yo.”

Biruta avuga umusanzu u Rwanda ruzatanga mu gukemura iki kibazo ari yo nyungu ikomeye.

Uyu muyobozi ushinzwe ububanyi bw’u Rwanda n’amahanga avuga ko abimukira bazazanwa mu Rwanda bazatuzwa ahantu babana n’Abanyarwanda kandi ko u Bwongereza bwahaye u Rwanda amafaranga yo kuzabafasha  kuba mu buzima bushya.

Dr. Bitura ati: “ Iyi gahunda u Bwongereza bwashyizemo amafaranga azadufasha kwakira abo bantu tukabatuzanya n’Abanyarwanda. Ntabwo ari abantu tuzubakira umudugudu wabo wihariye, bazajya baba bari kumwe n’Abanyarwanda nk’uko dusanzwe tubikora buri mwaka kandi  amafaranga amwe azajya muri iyo gahunda.”

Nibagera mu Rwanda, Guverinoma  izabaha uburyo bwo kwitunga, bige bityo bigirire akamaro bazakagirire u  Rwanda cyangwa ikindi gihugu bazahitamo gukuriramo cyangwa gusaziramo.

Kubera ubwinshi bw’abimukira baza mu Bwongereza, iki gihugu gikoresha miliyari$  2,4 mu kubacumbikira.

Muri Mata 2022 nibwo u Bwongereza bwatangaje ko umuntu wese winjiye yo mu buryo bunyuranyije n’amategeko kimwe n’abinjiye muri ubwo buryo kuva tariki ya Mbere Mutarama uwo mwaka, bazimurirwa mu Rwanda.

Muri abo, abazakenera ubufasha bwihariye burimo n’ubw’amategeko bazabuhabwa bakigera ku butaka bw’u Rwanda.

Bazahabwa amahirwe yo kubaka ubuzima bushya binyuze mu  nkunga izatangwa.

U Bwongereza bwahaye u Rwanda miliyoni £ 120 yo kuzafasha abo bimukira kwiga imyuga cyangwa andi masomo azabagirira akamaro.

Mbere yo kwakira abimukira, u Rwanda ruzasuzuma amateka y’imibereho ya buri wese mu rwego rwo kwirinda ko hari uwo rwakwakira kandi afitanye ikibazo n’amategeko.

Ku rundi ruhande, u Rwanda rwavuze ko rudashaka kwikira abimukira bafite inkomoko cyangwa bakuriye mu bihugu ruturanye nabyo ari byo: u Burundi, Uganda, DRC na Tanzania.

TAGGED:AbimukiraBurundiBwongerezaDRCfeaturedInkungaRwandaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda 11 Bapfuye Mu Minsi 15 Bazize Ibiza
Next Article Umusirikare Akurikiranyweho Kwihesha W’Umutungo W’Umuntu Wapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?