Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ni Ngombwa Ko Abapolisi Baha Indembe Amaraso- CP Kabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ni Ngombwa Ko Abapolisi Baha Indembe Amaraso- CP Kabera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2022 11:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera avuga ko mu nshingano z’abapolisi harimo no kurengera ubuzima bw’abarwayi kwa muganga, bigakorwa binyuze mu kubaha amaraso.

CP Kabera yabivuze kuri uyu wa Kane Taliki 27, Mutarama, 2022 nyuma y’uko abapolisi bakorera ahitwa kuri Traffic ku Muhima bahaye amaraso Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima kugira ngo azafashe abarwayi.

Ati: “Gutanga amaraso ni ugutanga ubuzima, kandi iyo umuntu atanze amaraso bimufasha no kumenya zimwe mu ndwara ashobora kuba yari afite atabizi akaboneraho akivuza. Ubushakashatsi bwagaragaje ko umuntu utanga amaraso neza akayatangira ku gihe bimurinda kuba yarwara indwara y’umutima.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera yibukije abapolisi ko n’ubwo bafite inshingano zo kurinda umutekano w’abantu n’ibyabo bagomba no guharanira ko abaturarwanda bagira ubuzima bwiza.

Gutanga amaraso birokora ubuzima

Yagize ati: “ Aya maraso azajya gufasha abantu batandukanye bayakeneye barembeye kwa muganga hirya no hino. Uko Polisi y’u Rwanda yitabira ibikorwa bitandukanye biteza imbere Igihugu n’imibereho myiza y’abaturage ni na ngombwa ko abapolisi bitabira igikorwa cyiza cyo gutanga amaraso.”

CP Kabera ashimira abapolisi bakorera ku Muhima n’ahandi mu bigo n’amashami ya Polisi  ubushake bwo gutanga amaraso bafite kandi bakabishyira no mu bikorwa.

Hagati aho Taliki 26 Mutarama, 2022 abapolisi bakorera bo  mu Karere ka Ruhango na Huye nibo batanze amaraso.

Abatanze amaraso bose hamwe ni abapolisi  70.

Bucyeye bw’aho abandi bapolisi 100 baranze amaraso.

Abapolisi batanze amaraso ngo batabare indembe

Muri Werurwe 2017 Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’ubuzima (RBC) mu bijyanye no gufatanya mu by’ubuzima n’umutekano.

Muri aya masezerano hakubiyemo gutanga amaraso, kurwanya ibiyobyabwenge by’umwihariko mu rubyiruko, ubufatanye mu kurwanya indwara zitandura no kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina.

Ubuyobozi bwa RBC bwashimiye Polisi umutima w’abakozi bayo wo gufasha indembe zicyeneye amaraso.

TAGGED:AmarasofeaturedKaberaUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Abiyitirira Imbuto Foundation Bakambura Abaturage
Next Article Umuyobozi Wa Polisi Y’u Rwanda Yitabiriye Umuhango Wo Guha Abapolisi Ba Lesotho Impamyabumenyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?