Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Niba u Rwanda Rushaka Guhaza Abarutuye Niruhinge Kijyambere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Niba u Rwanda Rushaka Guhaza Abarutuye Niruhinge Kijyambere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 April 2023 11:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Gutunganya ibishanga byafashije mu kuzamura umusaruro w'abahinzi b'i Rwamagana
SHARE

U Rwanda ni igihugu kidakora ku nyanja kandi kitagira amabuye y’agaciro menshi cyane nk’uko bimeze ahandi. Gifite imisozi, ibibaya n’ibisiza kandi aho hose hari inzuzi n’imigezi ndetse n’ibiyaga bikikijwe n’urufunzo ndetse n’ubutaka.

Abenshi mu barutuye ni urubyiruko rufite hejuru ya 50% by’abaturage bose.

Uramutse urebye uruhare ubuhinzi bugira mu bukungu bwose bw’u Rwanda usanga rukiri ruto ndetse cyane.

Igice kinini kigizwe n’umusaruro uva muri serivisi n’ubukerarugendo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Urubyiruko rw’u Rwanda ahanini rutekereza ko guhinga ari umurimo w’abakene kandi uvunanye.

Ku rundi ruhande nibyo kubera ko henshi bagihingisha isuka kandi bagasarura bike.

Kugira ngo u Rwanda rwihaze mu biribwa hari byinshi byakorwa.

Guhuza ubutaka aho bishoboka kandi bukuhirwa byaba intambwe nziza.

Ibi byajyanirana no guha abaturage ifumbire kandi abagize za Koperative bagahabwa inguzanyo za Banki kugira ngo bashore mu buhinzi bwa kijyambere.

- Advertisement -

Ubuhinzi bwa kijyambere bujyanirana no guhinga ahantu hanini hateguriwe igihingwa kimwe.

Icyakora n’ubuhinzi bukorewe ku buso buto bushobora kuvamo umusaruro mwinshi hashingiwe ku bwoko bw’icyabuhinzwemo n’agaciro kacyo ku isoko.

Abanyarwanda bariyongera .

Ibarurishamibare riheruka ryerekanye ko mu mwaka wa 2050 u Rwanda ruzaba rutuwe n’abantu miliyoni 25.

Ubu ni miliyoni 13 zirengaho abantu bacye.

Bizasaba ko umusaruro ukomoka ku buhinzi u Rwanda rufite muri iki gihe wikuba inshuro 15 kuri hegitari imwe kugira ngo abazaba barutuye mu mwaka wa 2050 bazabe bihagije mu biribwa.

Ni ngombwa kuzirikana ko ubuso bw’u Rwanda bwo butaziyongera.

Hari raporo ivuga ko mu mwaka  wa 2050 ubuso buzaba buhingwamo mu Rwanda buzaba bungana na 12,433 km² .

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ubutaka kivuga ko n’ubuhari muri iki gihe bwugarijwe n’imyubakire idakurikiza igishushanyo mbonera, abantu bakubaka ku butaka bugenewe guhingwaho.

Iyo batabwubatseho inzu zo guturamo, babwubakaho ibikorwa remezo bigatuma ibisekuru biri imbere bitazabona ahantu hahagije ho guhinga no kororera.

Hari umuyobozi wo mu  Mujya wa Kigali witwa Alfred Bizoza uherutse kubwira The New Times ko hari ibice by’Umurenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo biri kubakwaho kandi ubundi ari iby’ingirakamaro mu buhinzi.

Bizoza avuga ko hari n’ahandi mu Murenge wa Kimihurura hahoze urutoki ariko ubu hubatswe inyubako ngari.

Uyu muhanga mu by’ubukungu avuga ko aho ibintu bigeze muri iki gihe, ari ngombwa ko ubutaka buhari bwose bukoreshwa neza, bukera.

Ikoranabuhanga mu buhinzi rirakenewe cyane muri iki gihe kugira ngo abavuka n’abazavuka mu gihe kiri imbere batazabura aho bahinga inzara ikabanogonora.

Imibare ivuga ko ubutaka buhingwaho bungana na 47.2% ni ukuvuga ubuso bwa 12,433 km².

Ku buso bwose bw’u Rwanda, ubutaka bufite 60%(ubuhingwa ndetse n’amashyamba) n’aho amazi akagira 40%.

Kugira ngo Abanyarwanda bo mu mwaka wa 2050 bazabe barya bahage, bizasaba ko u Rwanda rubona ubundi butaka bungana na kilometero kare 103,000 kandi ibi ntibishoboka.

Ubundi buryo( bwo burashoboka) ni ukuzamura umusaruro wera kuri hegitari imwe ukikuba inshuro 15.

Muri rusange, kuzamura umusaruro w’ubuhinzi bw’u Rwanda ni akazi kazamara igihe kirekire, gasabe ishoramari riremereye haba mu kubaka ubushobozi bw’abahinzi ndetse no kubona ibikoresho bikenewe byose muri aka kazi.

Gukomeza guhingisha isuka no gutegereza ko imvura igwa, ntaho byazageza ubuhinzi bw’Abanyarwanda.

TAGGED:AmajyamberefeaturedGuhingaKigaliRwandaUbuhinziUmusaruro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nta Mujura Uzaducika Mu Gihe Twabimenyeshejwe Kare- CP Kabera
Next Article Ibiherutse Kuba Kuri Amerika Byashimishije Abashinwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?