Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Niger: Haburijwemo ‘Coup d’état’ Mbere y’Iminsi Ibiri Ngo Perezida Mushya Arahire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Niger: Haburijwemo ‘Coup d’état’ Mbere y’Iminsi Ibiri Ngo Perezida Mushya Arahire

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2021 7:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umutwe udasanzwe w’ingabo muri Niger waburijemo umugambi wo guhirika ubutegetsi, mbere y’iminsi ibiri ngo Perezida mushya Mohamed Bazoum arahirire kuyobora icyo gihugu.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Niger Abdourahamane Zakaria yavuze ko “guverinoma yamaganye icyo gikorwa cya kigwari, kigamije gushyira mu kaga demokarasi no kubaka imikorere igendera ku mategeko igihugu cyiyemeje.”

Icyo gikorwa ngo cyatangijwe n’abasirikare baturutse mu kigo cy’ingabo zirwanira mu kirere, bashaka kugana ku rugo rwa perezida mu murwa mukuru Niamey.

Bahise batangirwa n’umutwe w’ingabo urinda umukuru w’igihugu, ubarasaho ukoresheje imbunda nto n’inini bakwirwa imishwaro, benshi batabwa muri yombi.

Umwe mu baturage bo mu gace ka Plateau muri Niamey ari naho urugo rwa perezida ruherereye, yavuze ko ahagana saa cyenda z’ijoro aribwo hatangiye kumvikana amasasu y’imbunda nto n’inini, nyuma biza guhosha hasigara imbunda nto gusa.

Yakomeje ati “Uko kurasana kwamaze nk’iminota 20.”

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yahise itangaza ko ihagaritse serivisi zose, isaba abakozi kuguma mu rugo kugeza igihe bazahabwa irindi tangazo.

Uyu mugambi wo kugerageza guhirika ubutegetsi ubayeho mu gihe Bazoum azarahira ku wa Gatanu, igikorwa cyo guhererekanya ubutegetsi binyuze mu matora kigiye kubaho bwa mbere kuva Niger yabona ubwigenge mu 1960.

Bazoum wahoze ari Minisitiri w’umutekano agiye gusimbura mucuti we Mahamadou Issoufou, nyuma yo gusoza manda ebyiri z’imyaka itanu.

Intsinzi ya Bazoum mu matora yabaye ku wa 2 Gashyantare ariko ntabwo yishimiwe na Mahamane Ousmane bari bahanganye.

TAGGED:featuredMahamadou IssoufouMohamed BazoumNiger
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Laurent Gbagbo Yongeye Kugirwa Umwere
Next Article Ihohoterwa Mu Kazi Rikomeje Kugaragara, Abakozi Bo Mu Ngo Bibasiwe Kurushaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?