Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nishimiye Kuzahatana Na Froome Muri Tour Du Rwanda-Moïse Mugisha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Nishimiye Kuzahatana Na Froome Muri Tour Du Rwanda-Moïse Mugisha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 February 2023 6:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukinnyi w’umukino w’igare watwaye etape ya Tour du Rwanda y’ubushize Moïse Mugisha yavuze ko kuba mu isiganwa rizatangira kuri iki Cyyumweru taliki 19, Gashyantare, 2023 azahatana na Chris Froome umwe mu bakinnyi bakomeye ku isi, ari iby’agaciro kuri we.

Kuri uyu wa 19, Gashyantare, 2023 nibwo Tour du Rwanda ku nshuro ya 15 iri butangire.

Mu kiganiro Mugisha yahaye itangazamakuru, Mugisha yavuze ko natangira isiganwa ryo kuri iyi nshuro azabikora agamije guhangana n’abakomeye muri uyu mukino barimo na Froome.

Ati: “ Kuba tugiye gusiganwa turi kumwe n’uyu mugabo Froome ni iby’ingenzi, tuzasiganwa duhanganye n’umuntu ukomeye.”

Froome yemeza ko azakora nk’uko asanzwe akora ariko kandi ngo yishimiye kuba yageze mu Rwanda amahoro.

Ubusanzwe uyu Mwongereza afite n’inkomoko muri Kenya.

Yageze mu Rwanda mu minsi mike ishize, azana n’itsinda rizamufasha muri ako kazi.

Froome yavuze ko n’ubwo ari ubwa mbere azaba akinnye Tour du Rwanda, Chris Froome avuga ko azakorana na bagenzi be bakitwara neza uko bizagenda kose.

Perezida wa Federasiyo y’umukino wo gutwara igare Abdallah Murenzi yahaye ikaze abaje kwitabira ririya rushanwa, abizeza ko rizagenda neza nk’uko nayaribanjirije yagenze.

Umuyobozi wa Federasiyo y’umukino w’amagare mu Bufaransa wari umushyitsi w’imena  witwa Michel Callot muri iki kiganiro yavuze ko  bakorana na Federasiyo y’u Rwanda kugira ngo barebe uko barufasha guteza imbere umukino w’igare.

Kuri iki Cyumweru nibwo agace ka mbere ka Tour du Rwanda kazatangira.

Abasiganwa bazava mu Mujyi wa Kigali bagana mu Karere ka Rwamagana.

Uko amakipe ateganyijwe
TAGGED:AmagareBwongerezafeaturedFroomeIgareMoiseMugishaMurenzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugore W’i Nyanza Arakekwaho Kwica Umugabo We
Next Article Iterabwoba Rikomeye Ku Isi Riri Gutegurwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?