Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nkubiri Yashinje Abamujyanye Mu Nkiko Kumwihimuraho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Nkubiri Yashinje Abamujyanye Mu Nkiko Kumwihimuraho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 March 2021 12:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyemari Alfred Nkubiri ukomeje kuburanishwa ku byaha aregwa byo guhombya leta binyuze mu bucuruzi bw’amafumbire, yakomeje guhakana ibyo aregwa, avuga ko abamujyanye mu nkiko bamwihimuragaho kuko yagaragaje amakosa yabo.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo urubanza rwa Nkubiri na bagenzi be rwakomeje, Ubushinjacyaha buhabwa umwanya ngo bukomeze kugaragaza igihombo yateje.

Mu bucuruzi bushingiyeho ibyaha Nkubiri na bagenzi be baregwa, ifumbire yavaga mu bubiko bwa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (Minagri), rwiyemezamirimo akayifata ku ideni akayishyira abahinzi, bakazishyura bejeje bakagurisha umusaruro.

Ubwo buryo bwaje gusimburwa n’ubuzwi nka Nkunganire, aho leta ifasha abahinzi kubona inyongeramusaruro kuri ba rwiyemezamirimo bishyuye amafaranga make, leta ikabatangira 40% y’ikiguzi nabo bakiyishyurira 60% asigaye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Rwiyemezamirimo ajya kwishyuza cya gice cya leta muri Minagri yitwaje urutonde rw’abahawe ifumbire, ari nako Minagri yakoranaga n’ikigo ENAS cya Nkubiri.

Ni buryo bwavuzwemo amanyanga akomeye y’ibigo bimwe byishyuzaga leta ku bantu batahawe ifumbire, izo ntonde zigacurwa mu buriganya n’abashinzwe ubuhinzi.

Ubushinjacyaha bwavuze ko nyuma yo gutanga ifumbire, Nkubiri na we yabeshye ko hari abahinzi batamwishyuye ngo na we yishyure Minagri yari yamuhaye ifumfire, kandi ngo baramuhaye amafaranga.  

Ubushinjacyaha bwanavuze ko hari abaturage Nkubiri avuga ko yahaye ifumbire kandi ntayo yabahaye. Bwamushinje ko yagiye abahimbira imikono, akagaragaza abahinzi ba baringa n’ingano y’ifumbire bahawe, byose bya baringa.

Ubushinjacyaha bwasabye urukiko kuzabiheraho rugahanira Nkubiri icyaha cyo guhimba inyandiko.

- Advertisement -

Nkubiri we yakomeje guhakana ibyo aregwa, yereka urukiko inyandiko z’uko abantu bahawe ifumbire n’imikono yabo, nimero za telefoni n’indangamuntu byabo, ku buryo hagize ushidikanywaho bamuvugisha.

Nkubiri yavuze ko abantu bo mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, bakwiye guhamagazwa mu rubanza barimo Gatari Egide ushinzwe amafumbire n’Umuyobozi Mukuru muri Minagri ushinzwe iterambere ry’ubuhinzi, Charles Murekezi.

Nkubiri yavuze ko bafasha mu gusobanura uko amafumbire yatanzwe.

Yavuze ko yakomeje kugaragaza ko hari amanyanga mu bucuruzi bw’ifumbire, ahubwo kuri iyi nshuro yakagombye kuba ndi kumwe na Leta ayifasha kugaruza amafaranga yayo.

Yakomeje ati “Ndi Mageragere ariko Leta ndayikunda […] Hari abantu banyihimuraho kuko nerekanye amafuti yabo Leta igashyiramo Inkeragutabara bigahagarara.”

Yasabye ko ahubwo abantu batarishyura ifumbire bahawe bakwishyuzwa, kuko igendo zihuza uturere zafunguwe.

Abunganira Nkubiri basabye urukiko ko hakwifashishwa Laboratwari y’u Rwanda y’Ibimenyetso Bishingiye Ku Bumenyi N’ubuhanga Bikoreshwa Mu Butabera, igasuzuma niba imikono ivugwa koko yarahimbwe.

ENAS iheruka gutangaza ko yishyuzwa na Minagri miliyari zisaga 2 Frw z’ifumbire, mu gihe na yo hari amafaranga atarishyuwe n’abahinzi bigatuma itabona miliyoni 407 Frw z’imirimo yakoze ikwirakwiza ifumbire.

TAGGED:Alfred NkubirifeaturedMINAGRI
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sassou Nguesso Yatorewe Indi Manda Nyuma y’Imyaka 36 Ayobora Congo
Next Article Uburyo Ibaruwa Ya General Nshimirimana Yatumye Rusesabagina Atangira Gukurikiranwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?