Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nk’Uko Byagenze Ku Gitaramo Cya Sheebah, Icya Kizz Daniel Nacyo Cyatinze Gutangira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Nk’Uko Byagenze Ku Gitaramo Cya Sheebah, Icya Kizz Daniel Nacyo Cyatinze Gutangira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2022 10:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Igitaramo cya kabiri cyo mu iserukiramuco ryiswe MTN/ATHF cyacuranzwemo umuhanzi wo muri Nigeria uri mu bakomeye muri iki gihe witwa Kizz Daniel nacyo cyatangiye gitinze nk’uko byagenze ku cyakibanjirije.

Umunyamakuru wa Taarifa wari uhari yabajije bamwe mu bafana bahageze imbere icyo bavuga kuri iryo tinda, bamwe bavuga ko bidakwiye ndetse ko umuntu yakeka ko kitari bube.

Ni igitaramo cyatinze gutangira

Cyari butangire saa moya z’ijoro ariko gitangira saa tanu n’igice.

Ku byerekeye ubwitabire, igihe cyaje kugera abakunda umuziki baza ari benshi ugereranyije n’uko byagenze ku cyakibanjirije cyabaye ku wa Gatandatu taliki 13, Kanama, 2022 .

Umuhanzi kazi witwa France w’Umunyarwandakazi niwe wabimburiye abandi ku rubyinioro.

Nyuma ye haje abandi barimo King Kivumbi Ariel Wayz, Kivumbi King nibo bakurikiyeho mbere y’uko Kizz Daniel ajya ho.

Bruce Melody ni wagiye kwakira mugenzi we Kizz Daniel ku kibuga cy’indege aho yageze saa saba z’amanywa.

Uyu musore ufatwa nk’umuhanzi wa mbere ukunzwe mu Rwanda kugeza ubu, yahawe umwanya munini aririmbira abantu bari aho.

Indirimbo ze zacurangwaga mu buryo bw’imbonankubone.

Kizz Daniel wari utegerejwe cyane  yageze k’urubyiniro ahagana i saa saba z’ijoro ahabwa umwanya  uhagije ashimisha abamwumvaga n’abamurebaga.

Amaze guhimbarwa, yasabye abari aho ku bamumenaho amazi bari bafite mu macupa cyangwa bakamutera ayo macupa.

Yabaye nk’ukojeje agate mu ntozi, abafana bamutera amacupa ku bwinshi, abandi babishoboye bamumenaho amazi.

Kizz yarangirije indirimbo yari yateguye ku yitwa Buga ikunzwe kurusha izindi afite muri iki gihe.

Ikindi kintu cyagaragaye ni uko Sheebah Karungi atigeze ahagera ngo acurangire abantu kandi yari yabibijeje!

Sheebah ntiyahageze
Umuhanzikazi France niwe wabanje ku rubyiniro
King Kivumbi
Ariel Wayz
Abafana baje batinze ariko bataha bishimye
Bruce Melodie niwe wahawe umwanya munini ataramira Abanyarwanda
Umwe mu bafana bo muri Nigeria yishimiye uko igitaramo cyagenze
Abafana bamaze kumuneho amazi

 

TAGGED:AbahanziKizzMelodieUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umupolisi W’u Rwanda Aravugwaho Kuba Icyitso Cy’Uwashakaga Gukorera Abandi Permis
Next Article I Nyanza Haravugwa Umugabo Wasambanyije Nyirabukwe Umugore We Akabafata
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Imyidagaduro

Airtel-Rwanda Na Mbonyi Barabararitse Mu Gitaramo Icyambu Tour 4

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Umuhanzi Ruzima Yafatanywe Ikirundo Cy’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?