Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nsabimana ‘Sankara’ Yagombaga Gusabirwa Gufungwa Burundu, Asabirwa Imyaka 25
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Nsabimana ‘Sankara’ Yagombaga Gusabirwa Gufungwa Burundu, Asabirwa Imyaka 25

admin
Last updated: 16 June 2021 7:11 pm
admin
Share
SHARE

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rukuru guhamya Nsabimana Callixte Sankara ibyaha by’iterabwoba no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, rukamukatira gufungwa imyaka 25 mu gihe igihano gikuru cyagombaga kuba igifungo cya burundu.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Urukiko rukuru – urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi rwakomeje kuburanisha urubanza ruregwamo Nsabimana Callixte ‘Sankara’, Paul Rusesabagina n’abandi bose hamwe 21.

Ni ibyaha bifitanye isano n’umutwe wa MRCD/FLN Nsabimana yari abereye umuvugizi, wagabye ibitero ndetse ukica inzirakarengane mu nkengero z’ishyamba rya Nyungwe mu myaka ya 2018.

Ibihano yasabiwe byashingiye ku Itegeko ngenga ryo mu 2012 riteganya ibyaha mu Rwanda, itegeko ryo muri Kanama 2018 ryerekeye kurwanya iterabwoba n’itegeko ryerekeranye n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo.

Ubushinjacyaha bwasabye urukiko kwakira ikirego cy’Ubushinjacyaha no kwemeza ko gifite ishingiro, rukemeza ko Nsabimana ahamwa n’icyaha cyo kurema umutwe w’ingabo utemewe, agahanishwa igifungo cy’imyaka 15.

Ku cyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba, Ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy’imyaka 20; ku cyaha cy’iterabwoba ku nyungu za politiki asabirwa igifungo cy’imyaka 25; ku cyaha cyo kugambana no gushishikariza abandi gukora iterabwoba asabirwa gufungwa imyaka 25.

Umushinjacyaha kandi yakomeje asaba urukiko kwemeza ko Nsabimana Callixte ahamwa n’icyaha cy’ubwicanyi nk’igikorwa cy’iterabwoba, asabirwa gufungwa cya burundu.

Ubushinjacyaba bwasabye ko Nsabimana ahamwa n’icyaha cy’itwarwa ry’umuntu ritemewe n’amategeko nk’igikora cy’iterabwoba, agahanishwa igifungo cy’imyaka 25.

Bwamusabiye kandi guhamwa n’icyaha cyo gukwiza amakuru atariyo cyangwa icengezamawara bigamije kwangisha leta y’u Rwanda mu bihugu by’amahanga, agahanishwa igifungo cy’imyaka 10.

Bwanamusabiye guhamwa n’icyaha cyo guhahakana Jenoside agahanishwa igifungo cy’imyaka irindwi n’ihazabu ya 1.000.000 Frw; guhamwa n’icyaha cyo gupfobya Jenoside agahanishwa igifungo cy’imyaka irindwi n’ihazabu ya 1.000.000 Frw, ndetse agahamwa n’icyaha cyo kwiba hakoreshejwe intwaro nk’igikorwa cy’iterabwoba, agahanishwa gufungwa imyaka 25.

Nsabimana kandi yasabiwe guhamwa n’icyaha cyo gutwikira undi inyubako, ibigenewe gutwara abantu cyangwa ibintu nk’igikorwa cy’iterabwoba, agahanishwa gufungwa imyaka 25.

Yasabiwe gufungwa imyaka 25 ku cyaha cyo kugirana umubano na Leta y’amahanga bigiriwe gushoza intambara, ndetse agakatirwa gufungwa imyaka 7 n’ihazabu ya 3.000.000 Frw ku cyaha cyo guhabwa ku bw’uburiganya cyangwa gukora no gukoresha inyandiko n’impapuro bitangga n’inzego zabigenewe.

Yanasabiwe gufungwa imyaka 25 ku cyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake nk’igikorwa cy’iterabwoba n’imyaka 15 ku cyaha cyo gutanga, kwakira no gushishikariza kwakira ibikomika kw’iterabwoba.

Umushinjacyaha yavuze ko kuri ibyo byaha byose, bigaragaza ko bigize impurirane mbonezamugambi kuko ibyabaye ari igikorwa kimwe gikubiyemo ibyaha byinshi, kandi byose bigamije umugambi w’icyaha kimwe.

Yakomeje ati “Bityo hashingiwe ku ngingo ya 62, igika cya kabiri cy’iryo tegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, Nsabimana Callixte akaba yari akwiriye guhanishwa igihano ntarengwa cyo hejuru giteganyijwe ku cyaha kirusha ibindi gukomera, ari cyo igihano cy’igifungo cya burundu, icyakora Ubushinjacyaha bumusabira igihano cy’igifungo cy’imyaka 25.”

Umushinjacyaha yasobanuye ko ari icyemezo bafashe kubera ko ubwo Nsabimana yabazwaga guhera mu Bugenzacyaha ndetse anaburana ku ifunguwa n’ifungurwa ry’agateganyo no mu mizi y’urubanza, Nsabimana yemeye ibyaha akuriranyweho, arabyicuza kandi abisabira imbabazi ku bakorewe ibyaha, ubuyobozi bw’igihugu n’umuryango nyarwanda.

Yakomeje ati “Impamvu ya kabiri ni uko ubwo yabazwaga mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha ndetse anaburana, Nsabimana Callixte yatanze amakuru menshi kandi ayo makuru yafashije mu iperereza, mu ikurikiranacyaha kuri we no ku bandi bafatanyije gukora ibyaha.”

Impamvu ya gatatu ngo ni uko ari ubwa mbere Nsabimana Callixte akurikiranywe mu nkiko, kuko nta makuru yagaragaye ko yaba hari ibindi byaha yakurkiranyweho agakatirwa n’inkiko mu buryo bwa burundu.

Ubushinjacyaha bwanasabye urukiko gutegeka ko indangamunru n’urwandiko rw’inzira by’ibihimbano byatanzwe na Lesotho kuri Nsabimana Callixte binyagwa, kimwe na telefoni eshatu yafatanywe, kuko zikomoka ku bikorwa by’iterabwoba akurikiranyweho.

Iburanisha ryasubitswe kuri uyu wa Gatatu hasabiwe ibihano Nsabimana gusa, rikazakomeza kuri uyu wa Kane hasabirwa ibihano Nsegimana Herman na bagenzi be.

TAGGED:featuredFLNIterabwobaNsabimana CallixtePaul RusesabaginaSankaraUrukiko Rukuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagenzi Bavuye Muri Uganda n’U Buhinde Bategetswe Kujya Mu Kato
Next Article Muri Equity COVID ‘Ntiyabaye Ikibazo Gikomeye’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?