Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nshima Abazanye Ubwiyunge Mu Banyarwanda- Minisitiri W’u Budage Ushinzwe Ubufatanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Nshima Abazanye Ubwiyunge Mu Banyarwanda- Minisitiri W’u Budage Ushinzwe Ubufatanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 March 2022 1:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Svanja Schulze ushinzwe ubufatanye mpuzamahanga bw’u Budage yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi uri ku Gisozi. Mu gitabo cy’abashyitsi yanditsemo ko n’ubwo u Rwanda rwaciye muri Jenoside ikarushegesha, ari ngombwa gushima abatekereje kunga Abanyarwanda.

Minisitiri w’ubufatanye mpuzamahanga bw’u Budage avuga ko iyo usuye urwibutso rwa Gisozi ukabona akababaro Abatutsi bahashyinguye bahuye nako ubwo bahigwaga ngo bicwe, usanga biteye agahinda.

Yungamo ko n’ubwo ari uko bimeze, ku rundi ngo ni  ngombwa gushimira abahisemo Politiki yo kunga Abanyarwanda kugira ngo bongere babane kuko nta kundi ngo byari kugenda.

Yanditse mu gitabo cy’abasura urwibutso rwa Gisozi

Svanja Schulze ari mu Rwanda mu rwego rwo kuganira n’ubuyobozi bwarwo ku mikoranire igamije kwihutisha iyubakwa ry’uruganda rukora inkingo ruzubakwa mu murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Yashyize indabo ku rwibutso

Mu ntangiriro z’iki Cyumweru yakiriwe na Perezida Kagame mu Biro bye.

Icyo gihe ku rukuta rwa Twitter rw’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda handitswe  ko Minisitiri Schulze ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine.

Minisitiri Svenja Schulze yaje  kuganira n’u Rwanda uko imirimo yo kubaka uruganda rw’inkingo yashyirwa mu bikorwa, kuganira uko u Rwanda rwafashwa mu mugambi warwo w’igihe kirekire wo kugabanya ibihumanya ikirere, n’uruhare rw’abagore mu iterambere rirambye.

Hari itangazo riherutse kuva mu Biro bya Minisitiri Schulze rivuga ko u Budage bwiteguye gukomeza gufasha u Rwanda mu migambi yarwo irambye irimo no kubaka uruganda rw’inkingo.

Mu ntangiriro z’iki Cyumweru nibwo yakiriwe na Perezida Kagame

Rigira riti: “ Nyuma y’uko Perezida wacu asuye Senegal nk’ikindi gihugu kizubakwamo ruriya ruganda, nanjye nasuye u Rwanda. Uru ruganda rukora inkingo hifashishijwe ikoranabuhanga rya mRNA ruratangira kubakwa vuba aha.”

- Advertisement -

Ubudage bwemeza ko ari ngombwa ko isi  ikorana n’Afurika kugira ngo nayo igire inganda zikora inkingo kugira ngo itazongera guhura n’icyorezo igahungabana.

Ubwo yakirwaga na Perezida Kagame, hari na Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr Uzziel Ndagimana na Minisiteri w’ububanyi n’amahanga Dr Vincent Biruta.

TAGGED:Abanyarwanda. featuredBudagefeaturedRwandaUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bafashwe Batoboye Inzu Y’Umuturage
Next Article U Rwanda Rwatorewe Kuyobora Inama Y’Akarere Yo Gutsura Amajyambere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?