Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nta Kizakoma Imbere Iterambere Twiyemeje-Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nta Kizakoma Imbere Iterambere Twiyemeje-Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2023 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yaraye abwiye abitabiriye umusangiro yari yateguriye Abanyarwanda n’inshuti zabo ko nta kintu kizakoma imbere iterambere ry’u Rwanda.

Avuga ko aho rwageze rujya hasi hari hahagije kugira ngo ruzamuke ubutazasubira inyuma.

Yagize ati: “ Kubera amateka yacu, hari aho twageze hasi hashoboka ku buryo nta kindi cyari gisigaye uretse kuhivana kandi tukazamuka ubutazasubira inyuma na gato. Ibyo twagezeho ubu biragaragara kandi tuzakomeza kubizamura kubera ko ari ko tubyumva kandi tubishaka. Twiyemeje kuzabikora kandi nta kizakoma imbere iterambere twiyemeje, uko cyaba gikomeye kose.”

Umukuru w’u Rwanda akaba n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda kandi yaraye yakiriye abayobora inzego zose z’umutekano abifuriza kuzagira umwaka mushya kandi muhire.

Yabashimiye umuhati bagaragaje mu bikorwa bakoreye mu Rwanda n’ahandi u Rwanda rwagiye kugarura amahoro mu rwego rwa UN cyangwa ku bufatanye n’inshuti zarwo.

Yabasabye kuzakomereza aho mu mwaka wa 2024.

Ati “ Ndabashimira ku myitwarire myiza n’ubwitange mu kurinda igihugu, by’umwihariko abari kure y’imiryango yanyu muri ibi bihe by’iminsi mikuru.”

Yakomeje abashimira umuhate n’ubwitange mu kubungabunga no kugarura amahoro n’umutekano muri Afurika ndetse yongeraho ko aho bashimirwa ko aho bageze hose bagaragaza indangagaciro z’u Rwanda mu bikorwa by’indashyikirwa n’ubunyamwuga bagaragaza.

Perezida Kagame kandi yavuze ko abafite ababo basize ubuzima mu kwitangira u Rwanda mu bikorwa rwaboherejemo, Leta izakomeza kubaba hafi.

Perezida Kagame yavuze ko ari iby’agaciro gakomeye kurinda igihugu, asaba ingabo kubikorana umurava n’ubwitange.

Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda aherutse kuzizamurira mu mapeti guhera kuri Corporal kugeza kuri Jenerali w’inyenyeri enye.

TAGGED:featuredIngaboIterambereKagamePerezidaRwandaUbwitangeUmugaba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuburo Wa Banki Nkuru Y’u Rwanda Ku Bacuruza Amadevize
Next Article Amafoto Yaranze Umusangiro Perezida Kagame Yagiranye N’Abanyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?