Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nta Mwana Wacu Tuzongera Kwita Amazina Ya Ruzungu-Knowless
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Nta Mwana Wacu Tuzongera Kwita Amazina Ya Ruzungu-Knowless

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 February 2021 12:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanzi Butera Knowless yaraye avugiye kuri Radio Rwanda ko we n’umugabo we bisanze bidakwiye ko abana babo bitwa amazina y’abanyamahanga. Uwo baherutse kwibaruka bamwise Ishimwe [Inzora] Butera.

Umukobwa wabo w’imfura we yitwa Ishimwe [Or] Butera.

Inzora ubundi ni igihe ukwezi(Lune, Moon) kuba kugaragara kose mu kirere, bakavuga ko kwerekanye inzora.

Butera Knowless yabivugiye mu kiganiro Amahumbezi ubwo yari yaje kuvuga ku ndirimbo nshya yise Papa aherutse guha abafana be ngo bayumve.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bamubajije impamvu yise umwana we Inzora avuga ko igitekerezo cyazanywe n’umugabo we Ishimwe Clement, akavuga ko muri iyi minsi Clement asigaye yiyumvamo Ikinyarwanda cyane.

Knowless yavuze ko umugabo yamubwiye ko bidakwiye ko Abanyarwanda bita abana babo amazina y’amahanga kandi nta Munyamahanga wabona witwa Hategekimana.

Yavuze ko ari yo mpamvu bahisemo kwita umukobwa wabo uherutse kuvuga izina Inzora aho kumwita irindi rya ruzungu.

Mu ndirimbo Papa akebura abasore b’ubu…

 Ku munsi w’ejo hashize taliki ya 4 Gashyantare 2021 nibwo yasohoye indirimbo nshya yise Papa.

- Advertisement -

Muri iyo ndirimbo avuga ku musore utera umukobwa inda, bimutunguye  bikamubera umutwaro wo kurera umwana kandi nawe akenshi aba asanzwe aba mu buzima butuma ‘ahangayikira ejo nzamera nte.’

Avuga ko bibabaje kuba umusore ukiba iwabo yatera umukobwa inda, bikaba ngombwa ko yitwa Papa w’umwana kandi nawe atarakura bihagije k’uburyo yarera abandi.

Butera yavuze ko umusore wese bizabaho agomba kwitegura impinduka mu buzima, akamenya ko umwana azakenera byinshi harimo n’icyo Mango(umutobe…) ndetse n’ibyahi bya ruzungu bita pampers.

Iyi ngingo rero ngo yagombye gutuma umusore acika ku myitwarire imwe n’imwe irimo gusesagura .

Indirimbo nshya ya Butera Knowless ‘Papa’ yatunganyirijwe muri Kina Music ikorwa n’umugabo we Ishimwe Clement.

Ibyo Knowless yaririmbye biba kuri benshi

Indirimbo ‘Papa’

TAGGED:ButerafeaturedIndirimboInzoraIshimwePapa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikinyuranyo Kinini Ku Bihembo Bya Miss 2021 N’Ibisonga Bye…
Next Article CNLG yikomye za YouTube Zihembera Ubwigomeke Kuri Leta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?