Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Ntawamenya Icyo Ibihe Bihishe Ariko Ikoranabuhanga Rirahari Rizabidufasha’-Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

‘Ntawamenya Icyo Ibihe Bihishe Ariko Ikoranabuhanga Rirahari Rizabidufasha’-Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 June 2022 7:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yagiraga icyo abwira abari baje kwitabira Inama yigaga ku ikwirakwizwa ry’umuyoboro wa murandasi yihuta ukoresheje uburyo bwa Broadband, Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo ibihe biri imbere bishobora kuzazana ibibazo bitandukanye birimo n’ibyorezo, ariko ngo ikoranabuhanga rizafasha abantu kubivamo.

Icyakora avuga ko kugira ngo abantu bose bazungikirwe naryo, ni ngombwa ko rigera kuri bose kandi rikaba rikoresha ‘murandasi yihuta, idahenze.’

Perezida Kagame uyobora Komisiyo yo gukwiza murandasi yihuta yiswe Broadband Commission muri iriya nama yari ari kumwe n’uwo bafatanyije kuyiyobora witwa Carlos Slim, umuyobozi w’Ikigo mpuzamahanga gishinzwe gukwiza itumanaho rikoresha murandasi ku isi( ITU) witwa  Houlin Zhao ndetse n’intumwa yoherejwe n’umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubumenyi, umuco na Siyansi( UNESCO) witwa Dr Tawfik Jelassi.

Dr Jelassi yari ahagarariye Madamu Audrey Azoulay, Umufaransakazi uyobora UNESCO.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni inama yari ibereye mu Rwanda ku nshuro ya gatatu.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagize ati: “ Ibihe biri imbere birimo byinshi tutamenya kandi bishobora kuba biteje akaga. Icyakora ikintu kimwe tuzi neza ni uko ibyo abantu bazacamo byose, bishobora kuzabonerwa umuti mu buryo bwihuse, bwiza kandi bubereye bose. Ibi ariko bizashoboka ari uko abantu bose bafite murandasi yihuta kandi idahenze.”

Yatanze urugero rw’uko hari umushinga wo gufasha ibigo by’amashuri mu Rwanda kubona no gukoresha murandasi yihuse watangijwe na Leta y’u Rwanda ifatanyije na ITU ndetse na UNICEF.

Wiswe ‘Giga Initiative’, ukaba warageragerejwe mu mashuri 63 kandi ngo wazamuye inshuro enye umuvuduko murandasi yakoreraga ho ndetse ugabanya ikiguzi cyayo ku kigero cya 55%.

Raporo ya Giga Initiative ivuga ko u Rwanda rwazamutse mu gukoresha murandasi yihuta kandi idahenze cyane. Byafashije amashuri kwigisha abana neza

Kuri uyu wa Mbere mu Rwanda haratangira inama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga yiswe World Telecommunication Development Conference ( WTDC).

- Advertisement -

Irigirwamo uko hatangira kandi hagakomezwa imishinga igamije guteza imbere ikoranabuhanga mu ngeri zitandukanye.

Bizakorwa binyuze mu buryo bwiswe ‘Partner-to-Connect.’

Bugamije gushaka no gusangizanya amahirwe yo kubyaza umusaruro mu rwego rw’ikoranabuhanga hagamijwe guha benshi ( niba atari bose) mu batuye isi  murandasi yihuse kandi ibyazwa imishinga y’iterambere.

Kugeza ubu hari imishinga 200 yamaze kwegeranywa, 12 muri iyo ikaba yaratanzwe n’abakora muri Komisiyo ya Broadband.

Umukuru w’u Rwanda yishimiye ko inama WTDC igiye kubera muri Afurika bwa mbere kandi ikabera mu Rwanda.

Yashimye kandi ko abo bakorana muri iriya Komisiyo ari abantu bakorana umurava ndetse no muri iki gihe ibintu byasaga n’ibyacitse intege muri rusange kubera ingaruka za COVID-19.

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame avuga ko n’ubwo hari ibyagezweho byo kwishimira, ariko nta mpamvu yo kwirara.

Avuga ko akazi kakiri kenshi kugira ngo intego Komisiyo ayoboye yihaye zizagerweho kandi mu nyungu z’abatuye isi.

Afurika ifite umwihariko

Ku byerekeeye Afurika by’umwihariko, Perezida Kagame aherutse kuvuga ko kuba idafite murandasi ihagije kandi yihuta bidindiza iterambere ryayo.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko n’ubwo Abanyafurika benshi(80%) bafite telefoni zigendanwa kandi zifite ubushobozi bwo kwakira murandasi, abenshi muribo badafite murandasi ihagije abandi ntibagire namba.

Ibi kuri we bidindiza ubucuruzi n’itumanaho bigatuma ubukungu budatera imbere.

Yabivugiye mu Nama yamuhuje na Perezida wa Banki y’Isi witwa David Malpass n’abandi banyacyubahiro bari bayitabiriye hakoreshejwe ikoranabuhanga yabaye muri Mata, 2022.

Ikiganiro yatanze cyari gifite insanganyamatsiko igira iti ‘ Rwanda Past and Present’, mu Kinyarwanda bivuze ngo ‘u Rwanda rwa cyera n’urw’ubu’.

Abenshi mu bayitabiriye ni abo mu ishuri rya Kaminuza yitwa Brown University iryo shuri rikaba ryitwa Watson Institute.

Hari n’umwarimu wigisha muri iri shuri witwa Prof Stephen Kinzer wanditse igitabo yise  “A Thousand Hills: Rwanda’s Rebirth and the Man Who Dreamed It.”

Ubwo yatangaga igitekerezo cye cy’uburyo ikoranabuhanga ryakwira henshi muri Afurika, Kagame yavuze ko n’ubwo Abanyafurika batuye kuri uyu mugabane bafite telefoni zigendanwa kandi zishobora kwakira murandasi ari benshi, ngo abo benshi nabo bafite ikibazo cyo kutagira murandasi ihagije yabafasha mu kazi kabo.

Ati: “ 80% by’abatuye  Afurika bafite telefoni zigendanwa ariko si buri wese muribo ukoresha murandasi yihuse. Icyakora murandasi yo mu bwoko bwa Broadband ishobora kuba igisubizo kuri iki kibazo.”

Yunzemo ko  n’ubwo ari uko bimeze, hari ibihugu, birimo n’u Rwanda byashoye amafaranga mu guha abaturage babyo ikoranabuhanga.

Iri koranabuhanga ribafasha mu gukoresha cyangwa kwaka serivisi zitandukanye zirimo n’iz’imari.

Avuga ko afite icyizere ko myaka iri imbere Afurika izaba ari yo gicumbi cy’ikoranabuhanga ku isi.

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame yemeza gukoresha ikoranabuhanga bigomba kugendana no kumenya kurinda abarikoresha kugira ngo ritabahombya kandi ryaragenewe kubateza imbere.

TAGGED:AfurikafeaturedIkoranabuhangaKagameMurandasiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuryango W’Abibumbye Watangije Umuganda Muri Sudani Y’Epfo
Next Article Sheraton Hotel Yafunguye Amarembo i Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?