Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntukaronge Inyama Mbere Yo Kuziteka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Ntukaronge Inyama Mbere Yo Kuziteka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 December 2023 1:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bisa n’aho bidashoboka ko Umunyarwanda[kazi] yateka ifunguro iryo ari ryo ryose atabanje kuronga ibiribwa. Bamwe bumva ko ari isuku kandi koko, muri rusange, ni ngombwa ko ibiribwa bw’amoko menshi birongwa mbere yo gutekwa.

Icyakora hari ubwoko bw’ibiribwa uba utagomba kuronga mbere yo kubiteka kubera ko kubironga ari ukubyanduza kurusha kubitekera aho!

Muri ibyo harimo ‘inyama.’

Abahanga mu by’imirire bagira abantu inama igira iti: “ Ntukaronge inyama mbere yo kuziteka!”

Basobanura ko iyo uronze inyama uba utumye zandura kurushaho.

Iyo babisobanura, bavuga ko ubusanzwe udukoko twanduza tuba ku nyama tutagira amaguru ngo tugende cyangwa amaboko ngo dukambakambe tuve ahantu hamwe tujye ahandi.

Iyo umuntu ashyize inyama mu mazi, aba afashishe utwo dukoko kubona ubushobozi bwo kwisunika tuva hamwe tujya ahandi kuko amazi atworohereza urugendo.

Utwo dukoko abahanga batwita salmonella na campylobacter.

Umwarimu muri Kaminuza ya Purdue witwa Betty Feng yabwiye National Geographic ati: “ Kuronga inyama mbere yo kuziteka nta kamaro na gato bifite. Icyo bikora gusa ni uguha udukoko uburyo bwo gukwira ku bice by’iyo nyama bitari bisanzwe byanduye.”

Undi muhanga witwa Jennifer Quinlan avuga ko abantu bagomba gusobanukira iyo ngingo niba bifuza kurya inyama zidahumanye.

Ikibazo abahanga bavuga ko kiri henshi ku isi ni uko mu mico y’abantu hirya no hino harimo ko  bidakwiye guteka inyama ‘zitaronze’.

Uzabisanga muri Amerika, ubisange muri Israel ubisange no mu Rwanda.

Hari n’aho uzasanga bafata inyama bakazisiga umunyu, bakazishyira mu mazi arimo indimu.

Umuhanga wigisha muri Kaminuza ya Leta ya Corolina ya Ruguru muri Amerika witwa Benyamin Chapman avuga ko uburyo bwonyine bwo kwica udukoko twanduza abantu tuba mu nyama barya ari ukuziteka zigashya neza.

Abanyarwanda nabo bagirwa inama yo kudateka inyama babanje kuzironga.

Abahanga bamwe bavuga ko abantu akenshi baronga inyama banga kurya ubwoya buba bwazisigayeho mu gihe cyo kuzibaga.

Ibyo byakukiye mu bantu bituma bumva ko inyama icyeye ari ironze.

Abantu bararonga bakanaronga amagi.

Mu gutekereza ko bari gukorera isuku inyama, abantu barazironga, bakoza aho bari bizikatire, bagakatisha ibyuma bogesheje amazi n’isabune…muri rusange bagakoresha amazi muri byinshi bibanziriza gukata inyama no mu kuzikata ubwabyo.

Ibyo rero birazanduza kurusha uko bizisukura.

Guteka ni indi ‘science’ abantu bakwiye kwiga.

TAGGED:AbahangaAmazifeaturedInkokoInyamaKoronga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cardinal Kambanda Ati: ‘ Musengere Kiliziya Irugarijwe’
Next Article RDF Yasubije Tshisekedi Ku Byo Avuga Byo Gutera u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?