Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Abanyeshuri Basaba Ababyeyi Kubabonera Umwanya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyagatare: Abanyeshuri Basaba Ababyeyi Kubabonera Umwanya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 April 2023 8:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikibazo cy’ababyeyi batabonera abana babo umunya ngo babaganirize ku buzima bw’imyororokere ntikiba mu Mujyi wa Kigali gusa. Kiri n’ahandi nk’uko abanyeshuri bo mu kigo cy’amashuri cya Karangazi High Schools babyemeza.

Baherutse kubwira itangazamakuru ko hari amakuru ku buzima bw’imyororokere bazi ariko ko amenshi bayabwirwa na bagenzi babo bigana, andi bakayahabwa n’abarimu mu gihe hari n’ayo bakura kuri murandasi.

Ayo bahabwa n’ababyeyi babo ni make nk’uko uwitwa Mike Rutikanga wiga i Karangazi abyemeza.

Ati: “ Mu by’ukuri hari amakuru dufite kandi amenshi tuyakura muri bagenzi bacu twigana batuganiriza. Amakuru duhabwa n’abandi nayo ni menshi ariko twifuza ko ababyeyi barushaho kutwegera bakatuganiza ku buzima bw’imyororokere.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Mike Rutikanga

Rutikanga avuga ko kuba ababyeyi batabonera abana umwanya uhagije ngo babasobanurire uko imibiri yabo ikora, bibashyira mu kaga ko kuzatera inda cyangwa kuziterwa cyangwa se bakaba bakwandura SIDA n’izindi ndwara.

Ikindi avuga ni uko ababyeyi bahitamo kwita umwana wabo ikirara cyangwa icyomanzi iyo bamenye[batinze] ko yishoye mu mibonano mpuzabitsina.

Umwe mu babyeyi usanzwe utuye muri Nyagatare ariko udafite umwana wiga muri Karangazi witwa Samantha Uwamwezi yatubwiye ko ibyo abana bavuga ari byo kuko ubuzima bwahenze kandi bikaba bitakiri umwihariko wa Kigali gusa.

Ati: “ Rwose kubona umwanya ngo ugiye kwicarana n’umwana mumarane isaha yose muganira ku by’ubuzima bw’imyororokere, biragoye. Ni ikintu kidashoborwa na buri wese.”

Ku rundi ruhande, avuga ko ubukangurambaga bwo kubwira abana ko mu mibonano mpuzabitsina muri rusange no mu yindi idakingiye hashobora kubateza ibyago, bugomba kongerwa.

- Advertisement -

Ikigo cya Karangazi bati: ‘Ntako tutagira…’

Ubuyobozi bw’Ikigo cya Karangazi buvuga ko bwashyizweho uburyo bwo gufasha abana bahiga kugira ubumenyi ku buzima bw’imyororokere.

Gatungo Rutaha Mathieux uyobora Ikigo cy’Amashuri yisumbuye cya Karangazi, avuga ko batoza  abana ‘kurangwa ‘n’imico myiza.

Gatungo Rutaha Mathieux uyobora Ikigo cy’Amashuri yisumbuye cya Karangazi.

Muri iyo mico myiza ngo harimo no kwirinda ubusambanyi bwabaganisha kuri SIDA.

Ati: “Tugira gahunda zo kuganiriza abana kenshi tubatoza umuco, noneho hakaziramo no kubahugura ku bijyanye n’agakoko gatera SIDA.”

Yemeza ko mu kigo ayoboye hari itsinda( club) rishinzwe kurwanya SIDA kandi ngo ruganiriza abanyeshuri kuri SIDA cyane cyane mu mpera z’Icyumweru.

Muri icyo gihe nibwo baboneraho kwidagadura no kuganira mu buryo burambuye.

Ikigo cy’igihugu kita ku buzima, RBC, kiri mu bukangurambaga bwo kwibutsa urubyiruko ko kwirinda biruta kwivuza.

Ni ubukangurambaga buzakorerwa mu Ntara y’i Burasirazuba no mu Mujyi wa Kigali kuko ari ho hantu hagaragara ubwandu bwinshi kurusha ahandi.

Umukozi ushinzwe guhuza ibikorwa byo kurwanya Virusi itera SIDA na  SIDA ubwayo witwa Aimé Erneste Nyirinkindi avuga ko u Rwanda rwateye intambwe mu kugabanya ubwandu bwa SIDA ariko ko hakiri ibigomba gukorwa.

Aimé Erneste Nyirinkindi avuga ko u Rwanda rwateye intambwe mu kugabanya ubwandu bwa SIDA ariko ko hakiri ibigomba gukorwa.

Mu mwaka wa 2015, ubwandu bwa SIDA bwanganaga na 3.0%. Nyuma y’imyaka ine, ubwandu bwaragabanutse bugera kuri 2,6%.

Imibare y’ubwandu bushya yaragabanutse iva kuri 0,27%  mu mwaka wa 2013 igera kuri 0,08% mu mwaka wa 2019.

N’ubwo imibare muri rusange igaragaza ko ubwandu bugabanuka, haracyari ibyo gukorwa nk’uko Nyirinkindi abivuga.

Avuga ko ikigo cy’u Rwanda cy’ubuzima kizakomeza kwibutsa urubyiruko ko kwifata biruta kwivuza ariko ko mu gihe byanze, ari ngombwa gukoresha agakingirizo.

TAGGED:AbabyeyiAbanyeshuriSIDAUbureziUbuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyamahanga Batangiye Guhunga Sudani
Next Article U Rwanda Rurashaka Ubufatanye N’ibirwa Bya Malta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?