Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 May 2025 7:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mirenge ya Karangazi na Nyagatare mu Karere ka Nyagatare haravugwa amakenga y’abaturage basigaye birinda kurya Burushete banga ko bagaburirwa iz’imbwa.

Ubwo bwoba babushingira ku makuru bita ko afatika aherutse gutangazwa ko hari abantu bajya mu bikumba aharagirwa inka bagashaka niba haboneka imbwa zo kugura.

Abaguzi b’inyama zokeje cyane cyane abagabo bavuga ko ikindi giteye amakenga ari uko mbere wasangaga aho ihene imanitse warahasangaga n’umutwe wayo, ubu ukaba utapfa kuwuboneka.

Hari uwabwiye bagenzi bacu ba Kigali Today ati: “Bijyanye n’uko nzi abantu bibwe imbwa n’uwayigurishije, nahise ncika ku nyama kugira ngo ntazarya imbwa yo gatsindwa.”

Uyu yifuza ko abayobozi b’Imidugudu irimo utubari twotsa inyama, bagenzura aho hantu ku buryo ba nyiri utubari bajya bagaragaza icyemezo cy’uko itungo ryabazwe ryapimwe, kuko abenshi bazana itungo bakabaga nta veterineri waripimye.

Ahantu hakekwa izi nyama z’imbwa zotswa zigahabwa abakiliya ziswe iz’ihene ari ahitwa mu Gikorosi muri Ryabega n’ahitwa na Kanguka mu Kagari ka Mbare mu Murenge wa Karangazi, ariko hakaba n’abakeka ko ahitwa mu Kimaramu mu Mudugudu wa Kamagiri, Akagari ka Kamagiri Umurenge wa Nyagatare na ho zishobora kuba zihokerezwa.

Umuturage wo mu Mudugudu wa Gihorobwa Akagari ka Rutaraka utashatse ko amazina ye atangazwa, avuga ko yahuriye n’abantu mu rwuri rwe bamubwira ko baturutse aho muri Kanguka, bavuga ko bashaka imbwa zo kugura kandi yaremeye arayibagurisha n’ubwo ngo bamuhenze bakayigura Frw 5,000.

Avuga ko nyuma yo kuyigura, bamusabye aho bayibagira, arahabaha barayibaga, batwara inyama.

No mu Mudugudu wa Mugari, Akagari ka Rutaraka, umushumba yagurishije imbwa ya shebuja ku Frw 8,000.

Nyuma yabeshye shebuja ko imbwa ihari, ahubwo ko yagiye mu baturanyi ariko biza kumenyekana ko yagurishijwe.

Imbwa baguze cyangwa bibye zibagirwa mu bihuru biri mu nzuri cyangwa se mu mirima y’ibigori inyama bakazitwara mu mifuka.

Ndetse hari umuturage witwa Nzabonimpa Jean Baptiste wemeza ko yagiye mu murima we w’ibigori asanga harimo uruhu rw’imbwa n’umutwe wayo, bimutera ubwoba bwo kongera kuwusubiramo ari wenyine.

Mu muco w’Abanyarwanda kurya imbwa ntibibamo.

TAGGED:AbaturageImbwaNyagatareRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?
Next Article Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?