Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 May 2025 7:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mirenge ya Karangazi na Nyagatare mu Karere ka Nyagatare haravugwa amakenga y’abaturage basigaye birinda kurya Burushete banga ko bagaburirwa iz’imbwa.

Ubwo bwoba babushingira ku makuru bita ko afatika aherutse gutangazwa ko hari abantu bajya mu bikumba aharagirwa inka bagashaka niba haboneka imbwa zo kugura.

Abaguzi b’inyama zokeje cyane cyane abagabo bavuga ko ikindi giteye amakenga ari uko mbere wasangaga aho ihene imanitse warahasangaga n’umutwe wayo, ubu ukaba utapfa kuwuboneka.

Hari uwabwiye bagenzi bacu ba Kigali Today ati: “Bijyanye n’uko nzi abantu bibwe imbwa n’uwayigurishije, nahise ncika ku nyama kugira ngo ntazarya imbwa yo gatsindwa.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uyu yifuza ko abayobozi b’Imidugudu irimo utubari twotsa inyama, bagenzura aho hantu ku buryo ba nyiri utubari bajya bagaragaza icyemezo cy’uko itungo ryabazwe ryapimwe, kuko abenshi bazana itungo bakabaga nta veterineri waripimye.

Ahantu hakekwa izi nyama z’imbwa zotswa zigahabwa abakiliya ziswe iz’ihene ari ahitwa mu Gikorosi muri Ryabega n’ahitwa na Kanguka mu Kagari ka Mbare mu Murenge wa Karangazi, ariko hakaba n’abakeka ko ahitwa mu Kimaramu mu Mudugudu wa Kamagiri, Akagari ka Kamagiri Umurenge wa Nyagatare na ho zishobora kuba zihokerezwa.

Umuturage wo mu Mudugudu wa Gihorobwa Akagari ka Rutaraka utashatse ko amazina ye atangazwa, avuga ko yahuriye n’abantu mu rwuri rwe bamubwira ko baturutse aho muri Kanguka, bavuga ko bashaka imbwa zo kugura kandi yaremeye arayibagurisha n’ubwo ngo bamuhenze bakayigura Frw 5,000.

Avuga ko nyuma yo kuyigura, bamusabye aho bayibagira, arahabaha barayibaga, batwara inyama.

No mu Mudugudu wa Mugari, Akagari ka Rutaraka, umushumba yagurishije imbwa ya shebuja ku Frw 8,000.

- Advertisement -

Nyuma yabeshye shebuja ko imbwa ihari, ahubwo ko yagiye mu baturanyi ariko biza kumenyekana ko yagurishijwe.

Imbwa baguze cyangwa bibye zibagirwa mu bihuru biri mu nzuri cyangwa se mu mirima y’ibigori inyama bakazitwara mu mifuka.

Ndetse hari umuturage witwa Nzabonimpa Jean Baptiste wemeza ko yagiye mu murima we w’ibigori asanga harimo uruhu rw’imbwa n’umutwe wayo, bimutera ubwoba bwo kongera kuwusubiramo ari wenyine.

Mu muco w’Abanyarwanda kurya imbwa ntibibamo.

TAGGED:AbaturageImbwaNyagatareRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Iperereza Ryakorwaga Kuri Agathe Kanziga Ryarangiye

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

DRC: Hagiyeho Itsinda Ryo Kwiga Uko Kabila Yakwamburwa Ubudahangarwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Uganda: Abaturage Bagiye Guhabwa Irangamuntu Nshya

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

U Rwanda: Igihugu Cy’Intwari Zikorera Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yavuze Uruhare Afurika Ikwiye Kugira Mu Mutekano Wayo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ubutumwa Bwa IBUKA Bwamagana Iyicwa Rya Nyirangirinshuti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?