Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamagabe: Umusaza Ukekwaho Jenoside Yafashwe Amaze Igihe Yarahinduye Amazina
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamagabe: Umusaza Ukekwaho Jenoside Yafashwe Amaze Igihe Yarahinduye Amazina

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2024 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Uwo mugabo yakatiwe na Gacaca
SHARE

Umusaza w’imyaka 62 yafatiwe mu Mu Murenge wa Musebeya mu Karere ka Nyamagabe nyuma y’imyaka 30 yari amaze yihisha kubera Jenoside yakorewe Abatutsi yagizemo uruhare ubwo yabaga mu cyahoze ari Komini Karambo, ubu ni muri Nyamagabe.

Patrick Sindikubwabo uhagarariye IBUKA mu Karere ka Nyamagabe, yatangarije Kigali Today dukesha iyi nkuru ko uyu mugabo yari yarakatiwe n’Inkiko Gacaca igifungo cy’imyaka 30, ahita atoroka atangira kwihishahisha.

Yitwa Vénant Uwihoreye.

Perezida wa IBUKA yagize ati: “Uyu mugabo akomoka mu yahoze ari Komini Karambo muri Segiteri Rugazi muri Serile Masinde, ubu ni mu Murenge wa Musebeya mu Kagari ka Sekera mu Mudugudu wa Rugazi mu Karere ka Nyamagabe, akaba yarafatiwe mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Kigoma, mu Kagari ka Mulinja, mu Mudugudu wa Burambi”.

Uwihoreye yavuye muri aka Karere ajya mu Ntara y’Amajyepfo ahindura amazina agamije kujijisha kugira ngo adakurikiranwa.

Yiyise amazina y’Abisilamu ya Ramadhani Yusufu kugira ngo atazamenyekana.

Yaje kuvumburwa, bimenyekana ko yihishe mu Karere ka Nyanza biturutse ku bantu bamenye amakuru ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakanabihuza n’amazina yahoranye.

Abo mu muryango w’uyu musaza baramuhishiriye kuko uwababazaga aho yagiye bamubwiraga ko yahunze, atakiba mu Rwanda.

Perezida wa IBUKA muri Nyamagabe witwa Sindikubwabo avuga ko guhishira amakuru ku bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bibangamira ubumwe n’ubwiyunge.

Bituma hadatangwa ubutabera ku bayirokotse bayiburiyemo ababo, ibyabo bigasahurwa.

Polisi ikorera mu Ntara y’Amajyepfo ikimara kubwirwa iby’uwo mugabo, yatangiye guperereza neza, iza kumufata.

Tariki 22, Ukuboza, 2024 nibwo yafashwe kugira ngo ahanirwe icyaha yahamijwe na Gacaca.

Ubwo iyi nkuru yandikwaga, uyu musaza yari afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka muri Nyamagabe, mu gihe ategereje kujyanwa muri Gereza kurangiza igihano yakatiwe.

TAGGED:AmapinguJenosideNyamagabeNyanzaUmusaza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article No Kuri Noheli Kiliziya Gatulika Y’u Rwanda Yamaganye Ibyo Gukuramo Inda
Next Article Ukraine Irigamba Gufatira Ku Rugamba Umusirikare Wa Koreya Ya Ruguru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?