Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Baravugwaho Guta Umwana Wabo Mu Bwiherero ARI MUZIMA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Nyamasheke: Baravugwaho Guta Umwana Wabo Mu Bwiherero ARI MUZIMA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2024 11:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ababyeyi bo mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke barakekwaho kuboha umwana wabo w’imyaka 12 bakamuta mu bwiherero. Ku bw’amahirwe, abaturanyi bamukuyemo ari muzima.

Umugabo yahise aburirwa irengero akaba ari gushakishwa n’inzego z’umutekano mu gihe umugore we yafashwe.

Abaturanyi babo babwiye itangazamakuru ko  aba babyeyi bahoraga bavuga ko uwo mwana wabo yabananiye kuko n’iyo avuye ku ishuri aho gukora imirimo yo mu rugo ahita ajya kuzerera.

Kumujugunya  mu bwiherero ngo babitewe n’uko ku wa Kabiri bamutumye ibiti byo gushingirira ibishyimbo, aho kubizana ajya kuzerera.

Yaratashye bamuraza hanze mu gitondo babyutse bamubona hanze aho yaraye nibwo Se yamufata aramukubita aranamuzirika akoresheje imyenda.

Umuturanyi wabo avuga ko Se w’uwo mwana yamubohesheje imyenda, abohaa amaguru n’amaboko, amusiga atinyagambura undi ajya kwahira ubwatsi bw’amatungo.

Byabereye mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke

Nyina, wari wasigaye mu rugo, niwe wamufashe amuta mu bwiherero ariko abaturanyi baza kubimenya bamukuramo ari muzima ariko yanegekaye.

Yahise ajyanwa ku bitaro bya Kibogora ngo yitabweho.

Umuyobozi w’ Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza, Mukankusi Athanasie, yabwiye bagenzi bacu ba  IGIHE ko aba babyeyi bajugunye umwana wabo mu bwiherero ariko ku bw’amahirwe akurwamo akiri muzima.

Mukankusi ati: “ Igihari ni uko ababyeyi bakubise umwana bamuta mu bwiherero ariko akurwamo akiri muzima ari gukurikiranwa n’inzego z’ubuzima”

Uwo burenganzira bwa muntu hari icyo asaba urukiko kuri iki kibazo…

Evariste Murwanashyaka ukora muri CLADHO

Evariste Murwanashyaka ukora mu Mpuzamashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu ariko by’umwihariko ubw’abana( CLADHO) avuga ko urukiko niruhamya aba babyeyi icyaha, rwakwiye no kuzabambura inshingano za kibyeyi uriya mwana agahabwa malayika murinzi wo kumwitaho.

Avuga ibi abishingiye ku ngingo y’uko abo babyeyi b’uyu mwana bamujugunye mu bwiherero bashaka ko apfa.

Ati: “Mu bihano urukiko rwazaha abo babyeyi  ni ukuzamburwa uburenganzira bwo kuba ababyeyi b’uyu mwana agahabwa ba malayika murinzi”.

Murwanashyaka kandi avuga ko uko bigaragara bariya babyeyi bari barabujije umwana uburenganzira bwo gukina n’abandi kubera ko kuba azerera, nk’uko babivuga, byaterwaga ahanini no kujya gushaka abo bakina.

Imibare itangwa n’inzego z’ubugenzacyaha hirya no hino ku isi igaragaza ko abana n’abagore ari bo bakunze kwibasirwa n’ihohoterwa.

Muri izo raporo kandi bigaragara ko abenshi mu bahohotera abo bana, ari benewabo barimo n’ababyeyi babo cyangwa inshuti z’imiryango babamo.

TAGGED:AbabyeyiCLADHOfeaturedIgihanoImibareMurwanashyakaUbwihereroUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kaminuza Yo Mu Burusiya Igiye Gufatanya N’u Rwanda
Next Article Jacob Zuma Yarokotse Indi Mpanuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?