Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Abakekwaho Kwiba Ibendera Ry’u Rwanda Bafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Abakekwaho Kwiba Ibendera Ry’u Rwanda Bafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2024 6:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’iminsi itanu yari ishize hashakishwa abantu bibye ibendera mu Kagari ka Nyamure, Umurenge wa Muyira, amakuru aremeza ko ubugenzacyaha hari abantu bwafashe bubakurikiranyweho uruhare mu ubura ry’iki kirango cy’igihugu.

Abantu batatu bari basanzwe bakora akazi k’irondo ry’umwuga nibo bafashwe abo bakaba ari Mushokambere Samuel, Kubwimana Alex na Ntawuhigumuto Evariste.

Iby’uko iri bendera ryibwe byamenyekanye bivuzwe n’abakora irondo ry’umwuga bo muri kariya gace babibwira ubuyobozi nabwo bubibwira RIB, iperereza ritangira ubwo.

Ku rundi ruhande hari amakuru atangazwa n’UMUSEKE avuga ko hakekwaga umugabo wahoze ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Kanyungo witwa Bazambanza Emmanuel.

Ababivuga babishingira ku ngingo y’uko yari amaze igihe gito yeguye mu kazi kandi akaba yari asanganywe amakimbirane n’ushinzwe umudugudu wa Kanyundo witwa Emmanuel Nsabimana.

Ikindi bariya baturage bashingiraho bamukeka, ni uko Bazambanza wahoze ashinzwe umutekano atakiri muri kariya gace, kandi ntawuhamagara telefone ye ngo ayifate, cyakora we ngo hari abo ahamagara ababaza uko byifashe ku ivuko aho i Nyamure hibwe ibendera.

Andi makuru yo avuga ko yaba yarotorokeye muri Uganda, bityo akaba yarabikoze agira ngo ahime umuyobozi w’Umudugudu.

Mu bihe bitandukanye abaturage n’inzego z’ubuyobozi bazindukiraga ku biro by’akagari bakora inama y’uko iryo bendera ryaboneka ariko kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru byari ritaraboneka ariko iperereza ryo rirakomeje.

TAGGED:AbaturagefeaturedIbenderaMuyiraNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yibukije Ingabo Ko Zikwiye Gukomeza Kwanga Agasuzuguro
Next Article AS Kigali Yakuye APR FC Amata Mu Kanwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Taylor Swift Yemeye Kurushinga

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbukungu

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?