Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Abakekwaho Kwiba Ibendera Ry’u Rwanda Bafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Abakekwaho Kwiba Ibendera Ry’u Rwanda Bafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2024 6:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’iminsi itanu yari ishize hashakishwa abantu bibye ibendera mu Kagari ka Nyamure, Umurenge wa Muyira, amakuru aremeza ko ubugenzacyaha hari abantu bwafashe bubakurikiranyweho uruhare mu ubura ry’iki kirango cy’igihugu.

Abantu batatu bari basanzwe bakora akazi k’irondo ry’umwuga nibo bafashwe abo bakaba ari Mushokambere Samuel, Kubwimana Alex na Ntawuhigumuto Evariste.

Iby’uko iri bendera ryibwe byamenyekanye bivuzwe n’abakora irondo ry’umwuga bo muri kariya gace babibwira ubuyobozi nabwo bubibwira RIB, iperereza ritangira ubwo.

Ku rundi ruhande hari amakuru atangazwa n’UMUSEKE avuga ko hakekwaga umugabo wahoze ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Kanyungo witwa Bazambanza Emmanuel.

Ababivuga babishingira ku ngingo y’uko yari amaze igihe gito yeguye mu kazi kandi akaba yari asanganywe amakimbirane n’ushinzwe umudugudu wa Kanyundo witwa Emmanuel Nsabimana.

Ikindi bariya baturage bashingiraho bamukeka, ni uko Bazambanza wahoze ashinzwe umutekano atakiri muri kariya gace, kandi ntawuhamagara telefone ye ngo ayifate, cyakora we ngo hari abo ahamagara ababaza uko byifashe ku ivuko aho i Nyamure hibwe ibendera.

Andi makuru yo avuga ko yaba yarotorokeye muri Uganda, bityo akaba yarabikoze agira ngo ahime umuyobozi w’Umudugudu.

Mu bihe bitandukanye abaturage n’inzego z’ubuyobozi bazindukiraga ku biro by’akagari bakora inama y’uko iryo bendera ryaboneka ariko kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru byari ritaraboneka ariko iperereza ryo rirakomeje.

TAGGED:AbaturagefeaturedIbenderaMuyiraNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yibukije Ingabo Ko Zikwiye Gukomeza Kwanga Agasuzuguro
Next Article AS Kigali Yakuye APR FC Amata Mu Kanwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Biya Agiye Kongera Kuyobora Cameroun Muri Manda Izarangira Afite Hafi Imyaka 100

Kigali: Bafatanywe Udupfunyika 617 Tw’Urumogi

Inzoga Z’Inkorano Zikomeje Kwangiza Ubuzima Bw’Abanyarwanda

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Ubufaransa Bugiye Gukoresha Inama Ku Mutekano Mu Karere

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Guhurira Muri Amerika Kwa Kagame Na Tshisekedi Kwimuriwe Mu Ugushyingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muri Somalia Byifashe Bite?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?