Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Abakekwaho Kwiba Ibendera Ry’u Rwanda Bafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Abakekwaho Kwiba Ibendera Ry’u Rwanda Bafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2024 6:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’iminsi itanu yari ishize hashakishwa abantu bibye ibendera mu Kagari ka Nyamure, Umurenge wa Muyira, amakuru aremeza ko ubugenzacyaha hari abantu bwafashe bubakurikiranyweho uruhare mu ubura ry’iki kirango cy’igihugu.

Abantu batatu bari basanzwe bakora akazi k’irondo ry’umwuga nibo bafashwe abo bakaba ari Mushokambere Samuel, Kubwimana Alex na Ntawuhigumuto Evariste.

Iby’uko iri bendera ryibwe byamenyekanye bivuzwe n’abakora irondo ry’umwuga bo muri kariya gace babibwira ubuyobozi nabwo bubibwira RIB, iperereza ritangira ubwo.

Ku rundi ruhande hari amakuru atangazwa n’UMUSEKE avuga ko hakekwaga umugabo wahoze ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Kanyungo witwa Bazambanza Emmanuel.

Ababivuga babishingira ku ngingo y’uko yari amaze igihe gito yeguye mu kazi kandi akaba yari asanganywe amakimbirane n’ushinzwe umudugudu wa Kanyundo witwa Emmanuel Nsabimana.

Ikindi bariya baturage bashingiraho bamukeka, ni uko Bazambanza wahoze ashinzwe umutekano atakiri muri kariya gace, kandi ntawuhamagara telefone ye ngo ayifate, cyakora we ngo hari abo ahamagara ababaza uko byifashe ku ivuko aho i Nyamure hibwe ibendera.

Andi makuru yo avuga ko yaba yarotorokeye muri Uganda, bityo akaba yarabikoze agira ngo ahime umuyobozi w’Umudugudu.

Mu bihe bitandukanye abaturage n’inzego z’ubuyobozi bazindukiraga ku biro by’akagari bakora inama y’uko iryo bendera ryaboneka ariko kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru byari ritaraboneka ariko iperereza ryo rirakomeje.

TAGGED:AbaturagefeaturedIbenderaMuyiraNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yibukije Ingabo Ko Zikwiye Gukomeza Kwanga Agasuzuguro
Next Article AS Kigali Yakuye APR FC Amata Mu Kanwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?