Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Baravugwaho Kwica Umukobwa Bamuziza Frw 100
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Baravugwaho Kwica Umukobwa Bamuziza Frw 100

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 June 2023 8:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abantu batanu bo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza batawe muri yombi n’ubugenzacyaha bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umukobwa. Bakekwaho kwica uwo mukobwa bamuziza Frw 100 yanze kubagarurira ndetse ngo muri bo hari uwari wabanje kumusambanya.

Mu mpera za Gicurasi, 2023 hari inkuru yavugaga ko umurambo w’uriya mukobwa wari wabonywe mu mudugudu wa Kigarama, mu kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana, mu karere ka Nyanza.

Bagenzi bacu b’UMUSEKE banditse ko inzego z’umutekano zafashe buri wese wakekwagaho uruhare muri ubwo bwicanyi, bikorwa mu rwego rw’iperereza.

Ikindi ni uko n’abakora uburaya bose bo muri ako gace bagize icyo babazwa kuri mugenzi wabo wari wishwe.

Abatuye aho byabereye babwiye itangazamakuru ko kugeza ubu hamaze gutabwa muri yombi abantu batanu, icyakora  babiri muri abo bakaba ari bo ibimenyetso bigaragaza ko ‘bashobora kuba barishe’ nyakwigendera.

Abo babiri bavugwa ni Uwizeyimana Claude w’imyaka 29 y’amavuko na Ntawutababona Pascal w’imyaka 42 y’amavuko kandi bombi barafashwe.

Umukobwa wishwe yakoraga uburaya.

Yitwaga Solange Ntirandekura akaba yari afite imyaka 29 y’amavuko.

Amakuru avuga ko mbere y’uko yicwa, yabanje gusambana n’umugabo bumvikana Frw 500 aramwishyura.

Uwahaye bagenzi bacu amakuru avuga ko byageze mu masaha akuze nyakwigendera aza guhura na bariya bagabo babiri Claude na Pascal bamutuma itabi, maze agarura amafaranga igiceri cy’ijana (Frw100).

Bivugwa ko bamusabye kuyabagarurira aranga, ababwira ko iryo jana bari burihere ho bamusambanya, ku mafaranga bari bwumvikane.

Abo bagabo ntibabikojejwe ahubwo bahereye aho baramukubita, ariko ntiyapfa.

Babonye adapfuye baramunize ahera umwuka.

Inzego z’umutekano zatangiye iperereza zifata umwe mu bakekwagaho ubu bwicanyi, ababwira ko ntacyo ari buvuge keretse nibajya kuzana Pascal, nyuma yo kumuzana nibwo ngo yavuze uko byagenze.

Nyakwigendera nta mwana yasize, yakoraga uburaya ahitwa kuri Mirongo ine(40) i Nyanza, akaba yaravukaga mu Murenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza.

TAGGED:featuredNyanzaUbugenzacyahaUburayaUmukobwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Gerayo Amahoro’ Yageze No Mu Bakozi Ba Leta
Next Article Karongi: Yaguze Fanta Yishyura Frw 5000 Y’Amiganano Arafatwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?