Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Abiba Banize Abantu Barafatwa Umusubizo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Abiba Banize Abantu Barafatwa Umusubizo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 March 2025 11:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku nshuro ya Gatatu mu gihe kitarenze amezi ane, Polisi ikorera mu Karere ka Nyarugenge yafashe abandi bantu ikurikiranyeho kwiba ingo z’abantu bakoresheje imfunguzo bacuze, ubundi bakabanza kubaniga.

Abafashwe ni abantu 12 bafatirwa mu Mirenge ya Nyakabanda na Mageragere.

Muri bo kandi harimo abafatiwe mu Murenge wa Mageragere bikavugwa ko binjiraga mu nzu z’abaturage bakoresheje imfunguzo bacurishije.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yabwiye Taarifa Rwanda ko abo bantu bibaga ibikoresho byo mu ngo, bakiba n’amatungo.

Taarifa Rwanda ntiyashoboye kuvugana n’abavugwaho ibyo byaha ngo bagire icyo badutangariza.

CIP Gahonzire yemeza ko Polisi y’u Rwanda itazihanganira umuntu wiba abaturage.

Ati: “Tuributsa abaturage gukomeza gutanga amakuru ku bakekwaho ubujura kandi bagatanga ibirego igihe bibwe kugira ngo bikurikiranwe. Abakora ubujura nabo bararye bari menge”.

Abafashwe bafungiye kuri station ya Polisi ya Mageragere na Rwezamenyo kugira ngo dosiye z’ibyaha bakurikiranyweho zinozwe mbere yo kugezwa mu bushinjacyaha.

Twabibutsa ko gukora dosiye z’ibyaha bitari mu nshingano za Polisi ahubwo ari iz’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB.

Mu gihe gishize, hari abandi bantu Polisi yafashe bakurikiranyweho kwibisha imfunguzo bacuze, abandi bafungwa bakurikiranyweho kwiba abantu babanje kubaniga.

Polisi ivuga ko Akarere ka Kicukiro ari ko imibare yerekana ko gakorerwamo ibyaha bike by’ubujura, ibyinshi bikagaragara mu Karere ka Nyarugenge.

TAGGED:GahonzireGasaboImfunguzoNyarugengeubujura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yavuze Ko Intambara Itahosha Hakiri Akarengane
Next Article Israel Yatangije Ibitero Byeruye Muri Syria 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Basaza Babo-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?