Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Kagame Yasabye Urubyiruko Kuzakurana Umutima W’Intare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Nyarugenge: Kagame Yasabye Urubyiruko Kuzakurana Umutima W’Intare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 June 2024 12:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kagame mu kwiyamamaza kwe yabwiye  abaje kumva aho yiyamamazaga ko ubwo yayoboraga ingabo zabohoye u Rwanda, yari intare iyoboye izindi. Yavuze ko mu kubohora u Rwanda, abasirikare yari ayoboye bari intare kandi nawe akaba yo.

Ibi ngo nibyo byatumye u Rwanda rubohorwa, ruba igihugu cyateye imbere nk’uko bigaragararira buri wese muri iki gihe.

Uwo mutima wo guharanira ko u Rwanda rukomera rukagera kuri byinshi, ni byo Kagame avuga ko biranga umutima w’intare.

Ati: “Ibi rero Inkotanyi zabyumvise vuba kuko ari abasirikare ari n’umugaba wazo bose bari intare”.

Kagame avuga ko urugamba barwanye rwari rukomeye koko kuko batereranywe ndetse n’amahanga abateraniraho.

Avuga ko akurikije ibyabaye, u Rwanda rwagombye kuba rutakiriho.

Icyakora yunzemo ko ubumwe bw’Abanyarwanda ari bwo bwatumye bagira izo mbaraga.

Ati: “ Ibyo rero mu guhindura amateka yacu, niyo nzira twahisemo”.

Kagame yavuze ko kuba yaje i Nyamirambo ntacyo yari yaje kubasaba, ahubwo yazanywe no kubashimira kuko bacanye muri byinshi kugeza n’ubu.

Avuga ko icyizere kiri hagati yabo na FPR n’abandi bafatanyije nayo bifuza ko iki gihugu gihora cyandika amateka mashya kandi ngo ibyo birivugira.

Yasabye abaje kumva aho yiyamamaza ko bakwiye kumva ko ibyiza biri imbere kandi atari impuha.

Yunzemo ko iyo mikoranire ari yo izatuma ibyiza biri imbere bigerwaho.

Umukandida wa FPR Inkotanyi kandi yabwiye abaturage bo mu myaka iri imbere Abanyarwanda bazagera ku byiza biruta ibyo bari bamaze kumenyera.

Yibukije abari aho ko kuba Umunyarwanda ari byo bikuru kurusha ibindi byose.

Mu gusoza ijambo rye yabajije abari aho niba taliki 15, Nyakanga, 2024 bazaba bari kumwe, abandi bamusubiza ko ari WE, NTAWUNDI.

Muri Nyarugenge habaye ahantu ha gatanu yiyamamarije nyuma ya Musanze, Rubavu, Ngororero na Muhanga.

TAGGED:featuredIntareKagameNyarugenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umukandida Wa FPR Yageze I Nyamirambo
Next Article Kenya: Abigaragambya Batwitse Inyubako Y’Inteko Ishinga Amategeko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?