Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Yafatanywe Imfunguzo 37 Akekwaho Kwibisha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Yafatanywe Imfunguzo 37 Akekwaho Kwibisha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2025 8:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibikorwa bya Polisi mu Karere ka Nyarugenge bikomeje gutanga umusaruro nyuma yo gufata umuntu ukekwaho kwiba ingo z’abandi akoresheje imfunguzo yacurishije.

Mu minsi mike ishize, hari abandi batatu bafatanywe ibyuma bateraga abantu bataye ku wa kajwiga mbere yo kubacucura.

Kuri uyu wa Gatanu nibwo uwitwa Louis Mbarushimana w’imyaka 30 yafashwe na Polisi ari gufungura kimwe mu bipangu biri mu Mudugudu wa Karudandi, Akagari ka Munanira II, Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police( CIP) Wellars Gahonzire yabwiye Taarifa Rwanda ko ukurikiranyweho icyo cyaha yafatiwe ku gipangu cya Philbert Nsengiyumva.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Twamusanganye imfunguzo 37 yacurishije. Yafashwe agerageza gufungura igipangu cya Nsengiyumva akoresheje izo mfunguzo”.

Polisi ivuga ko ukurikiranyweho icyo cyaha yahise ajya gufungirwa kuri Station ya Rwezamenyo mbere yo gukorerwa dosiye n’Ubugenzacyaha.

Gahonzire yongeye kugira inama abantu yo kureka kwiba.

Avuga ko Urwego avugira ruzahangana nabo kandi ko batazarunanira.

CIP Gahonzire yibukije abiba abandi ko bashatse babureka kuko hari abapolisi bahagije bashinzwe kubafata.

- Advertisement -

Ati: “Ababigize umwuga nababwira ko bitazabahira na gato”.

Uwafatanywe imfunguzo bikekwako yazikoreshaga yiba, aje akurikira abasore batatu baherutse gufatirwa mu Kagari ka Gacyamo, Umurenge wa Gitega muri Nyarugenge bakekwaho gutera abantu ibyuma mbere yo kubacucura.

Polisi ivuga ko abo bantu biba muri ubwo buryo baba ari abagizi ba nabi ‘ruharwa’ kuko umuntu ujya kwiba yitwaje ibyuma aba ari umwicanyi.

Polisi kandi ivuga ko mu mpera za Gashyantare no mu ntangiriro za Werurwe, 2025 mu Karere ka Nyarugenge ari ho hagaragaye ubujura kurusha ahandi mu Turere tw’Umujyi wa Kigali.

Nk’ubu mu Murenge wa Gitega higeze gufatirwa abantu 30 bakekwagaho ubujura ariko bakaba bari barabukoreye no mu yindi mirenge.

Mu Murenge wa Kanyinya higeze gufatirwa abasore bari bibye urugo rw’abageni bari bakirushinga, barurucucura ntibabasigira na kimwe.

Ntibyatinze Polisi yarabigaruje byose ibisubiza ba nyirabyo.

Muri uyu Murenge kandi Polisi yigeze kuhafatira abasore bibye moto irayibambura iyisubiza nyira yo.

Mu Murenge wa Mageragere naho haherutse kuhafatirwa abasore binjiraga mu bipangu bakiba ba nyirabyo.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Gahonzire avuga ko imibare y’uburyo ubujura buteye mu Rwanda yerekana ko Akarere ka Kicukiro ari ko kabamo abajura bake.

TAGGED:GahonzireImfunguzoNyarugengePolisiubujuraUmusore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikipe Y’u Rwanda Ikina Handball Iruhagarariye Neza Muri Kosovo
Next Article Amerika Yirukanye Ambasaderi Wa Afurika Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?