Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyaruguru, Rusizi, Nyamasheke, Nyamagabe…Uturere Twugarijwe N’Isuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyaruguru, Rusizi, Nyamasheke, Nyamagabe…Uturere Twugarijwe N’Isuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 January 2024 2:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi ba Nyaruguru, Rusizi, Nyamasheke na Nyamagabe basabwe gutangira kureba uko bafata ingamba zo kuzarinda ko abaturage babo bicwa cyangwa basenyerwa n’imvura idasanzwe izagwa muri Mutarama, 2024. Ni imvura iteza ibiza cyane cyane isuri n’imyuzure.

Iyi mvura iherutse gutangazwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere, Meteo Rwanda, ikazaba iri hagati ya milimetero 200 na milimetero 250 bitewe n’imiterere y’ahantu.

Hari n’aho izagwa ku kigero cya milimetero ziri hagati ya 100 na 150 harimo no mu Karere ka Huye.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo aho uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru duherereye witwa Alice Kayitesi yabwiye The New Times ko bari gukora uko bashoboye ngo bimure imiryango 845 iri mu bice biteje akaga kugira ngo batagira ikibazo cy’inkangu.

Ibyo byago birimo inkangu, imyuzure n’ibindi.

Kayitesi ati: “ Hari imiryango 807 yo mu Karere ka Nyamagabe n’indi miryango 38 yo mu Karere ka Nyaruguru ituye ahayiteza akaga tugomba kwimura. Muri rusange ariko dusaba n’indi miryango iri aho ibona ko hayiteza ibyago kuhimuka.”

Guverineri Kayitesi asaba abaturage kurushaho kuzirika ibisenge, bagasibura imirwanyasuri kandi bagatega amazi y’imvura kugira ngo adasenya imbaraza z’inzu zabo.

Ikarita y’imiterere y’u Rwanda yerekana ko 40% by’ubutaka bwarwo ari ubutaka bwugarijwe n’isuri.

Isuri ituma ubutaka butakara, imigezi ikuzura igatera imyuzure n’inkangu.

Ibi byose bigira ingaruka ku burumbuke bw’ubutaka n’umusaruro ukagabanuka, ari nako bishyira ubuzima bw’abantu mu kaga.

Isuri ihombya u Rwanda miliyari Frw 800 buri mwaka nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iby’amazi, Rwanda Water Resources Board (RWB).

Akarere ka mbere mu Rwanda kibasirwa n’isuri ni Nyaruguru(64%) kagakurikirwa na Nyamagabe(61%).

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Alice Kayitesi avuga ko ubuyobozi bw’Intara buri kureba uko bafasha utu turere kugabanya ingaruka z’isuri.

Utundi turere biteganyijwe ko tuzibasirwa n’imvura ni Huye, Gisagara, Nyanza, Ruhango, Nyabihu, Ngororero na Rubavu.

Ahandi hashobora kuzibasirwa n’imvura ni muri Musanze, Burera, Rulindo, Gicumbi, Ngoma, Kayonza na Rwamagana.

TAGGED:featuredGuverineriIsuriKayitesiNyamagabeNyamashekeNyaruguruRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya: Umunyarwandakazi Ukekwaho Kugambana Ngo Yice Umusuwisi Yarekuwe By’Agateganyo
Next Article Nyabihu: Umuyobozi Akurikiranyweho Gukubita Umuturage Agapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?