Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyaxo Yazanye Urwenya Mu Gihe u Rwanda Ruri Mu Cyunamo Kubera Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Nyaxo Yazanye Urwenya Mu Gihe u Rwanda Ruri Mu Cyunamo Kubera Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2025 9:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Nyaxo
SHARE

Icyamamare mu gutera urwenya wamamaye ku izina rya Nyaxo ariko ubundi witwa Olivier Kanyabugande yaraye akoresheje ikiganiro cyacagaho ako kanya cy’urwenya yacishije kuri TikTok kitajyanye n’igihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi u Rwanda rurimo.

Mu gihe icyo kiganiro cyahitaga, hari abamusabye kugihagarika kuko cyari giciyeho mu gihe kidakwiye abima amatwi.

Icyakora aho akirangirije, yihutiye kujya ku mbuga ze, asaba imbabazi abamukurikira n’Abanyarwanda muri rusange.

Mu kiganiro cye yari ayoboye agihuriyeho n’urubyiruko rumukurikira, bateye urwenya biratinda!

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubwo yasabaga imbabazi yagize ati:  “Aka kanya nje hano gusaba imbabazi abantu mwese mwari munkurikiye kuri live nakoze ku wa 11 Mata 2025 saa tatu z’ijoro, kuri Tik Tok aho njye na bagenzi banjye twari kumwe tuvuga ibintu bitajyanye n’ibi bihe turimo byo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Nyaxo avuga ko yigaye kuko ibyo gutera urwenya ntaho bihuriye n’ibihe Abanyarwanda barimo byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, akasegura kuwo ariwe wese byaba byakomerekeje.

RIB yatangaje ko hagiye gusesengurwa ibyaraye bibaye hanyuma hakazagira igikorwa nyuma.

Urwenya rwa Nyaxo rwaje mu ijoro abantu bari bamaze umwanya muto bavuye kwibuka Abatutsi biciwe i Nyanza ya Kicukiro ahashyinguwe imibiri irenga 100,000.

TAGGED:JenosideKwibukaNyaxoRIBUrwenya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mukantaganzwa Yongeye Kugaruka Ku Ruhare Gacaca Yagize Mu Kunga Abanyarwanda
Next Article Nyamasheke: Amafaranga Yagurishije Ingurube Yahiriye Mu Nzu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?