Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyiragongo Yongeye Kugaragaraho Ikiyaga cy’Amazuku
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nyiragongo Yongeye Kugaragaraho Ikiyaga cy’Amazuku

admin
Last updated: 26 September 2021 4:19 pm
admin
Share
SHARE

Umunwa w’ikirunga cya Nyiragongo wongeye kugaragaramo amazuku nyuma y’amezi make kirutse kigahitana abantu 32, kikanasenya ibikorwaremezo byinshi haba ku ruhande rwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo no mu burengerazuba bw’u Rwanda.

Kuri iyi nshuro ariko impuguke zivuga ko kitagiye kongera kuruka, ahubwo ko ari ikimenyetso cy’uko cyaruhutse nyuma yo kuruka.

Nyuragongo yarutse ku wa 22-23 Gicurasi 2021, isuka ibikoma ku nzu z’abaturage ndetse ikurikirwa n’imitingito yasenye inzu nyinshi, imihanda nayo iriyasa.

Umuyobozi w’ikigo Observatoire Volcanique de Goma Celestin Kasereka Mahinda, yabwiye AFP ko mu munwa w’iki kirunga hongeye kugaragaramo amazuku (ibikoma bitukura byaremyeo ikiyaga) guhera ku wa 18 Nzeri.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje ati “Ntabwo ari igikorwa kigaragaza ko ikirunga kigiye kongera kuruka, ahubwo ni igikorwa gituma ikirunga gihumeka.”

“Ni ikimenyetso gisanzwe. Kugaragara kw’iki kiyaga cy’amazuku ku munwa w’ikirunga bizagabanya imitingito ituruka ku kirunga mu bice bya Goma.”

Ubwo Nyiragongo yari imaze kuruka igasatura ahantu hanini mu butaka, amwe mu makuru yatangiye kuvuga ko imitingito ishobora kwangiza ahantu hanini ku buryo amazuku ashobora gutunguka mu kiyaga cya Kivu.

Bijyanye na gaz methane ibamo, hari abagaragazaga ko byateza ibyago bikomeye ku buzima bwa muntu igihe byaramuka bibaye.

Icyo gihe RDC yahise ihungisha abaturage basaga 400,000, barimo benshi bahungiye mu Rwanda.

- Advertisement -

Nyuma yo kuruka, ikiyaga cy’amazuku cyari kimenyerewe hejuru y’ikirunga cyarashwanyutse, ku buryo abantu bibazaga niba kitazongera kubaho.

Mahinda yakomeje ati “Uyu munsi Nyiragongo yabonye uburyo bwo guhumeka, bikaba ari ikimenyetso cyiza.”

“Ubwoba bwari gukomeza kubaho iyo umunwa w’ikirunga ukomeza kwifunga.”

Indi nshuro Nyiragongo yarutse hari mu 2002, icyo gihe yishe abantu barenga 100, inzu nyinshi cyane zirasenyuka.

Inshuro yahitanye abantu benshi hari mu 1977, ubwo yarukaga igahitana abasaga 600.

Ikirunga cya Nyiragongo ni kimwe mu birunga bitanu byonyine ku Isi bifite ibiyaga by’amazuku, gituruka ku bibuye byashonze byo mu nda y’Isi. Cyavutse mu 1980 ndetse na n’ubu kiracyariho.

Ibindi biyaga nkacyo ni mu kirunga cya Kilauea muri Hawaii, Mount Erebus muri Antarctica, Ambrym muri Vanuatu na Erta’ Ale muri Ethiopia.

TAGGED:featuredImitingitoKurukaNyiragongoRDCu Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intego Ni Uguteza Imbere Umubano Kurushaho – Perezida Kagame Avuga Ku Bushinwa
Next Article Umuhanda Kinyinya-Birembo Urafungwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?