Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Papa Francis ‘Yasubiye Iwe Amahoro’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Papa Francis ‘Yasubiye Iwe Amahoro’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 March 2021 9:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gitondo cya kare nibwo Papa Francis yuriye indege asubira i Roma  nyuma y’uruzinduko rw’iminsi itatu yari amaze muri Iraq. Mbere y’uko ajyayo hari impungenge z’uko hari imitwe y’abagizi ba nabi ishobora kumuhemukira.

Kuba yatashye amahoro ubwabyo ni inkuru nziza kuko muri kiriya gihugu hari imitwe y’abarwanyi imaze igihe iteza ibibazo abatuye Iraq.

Ku Cyumweru tariki 07, Werurwe, 2021 Papa Francis yasuye ahantu hatatu hafatwa nk’ihuriro ry’amadini atatu akomeye ku isi harimo ahitwa Erbil, Mosul n’i Qaraqosh.

Muri buri gice, Papa Francis yatangaga ubutumwa bw’amahoro, ubuvandimwe n’icyizere mu bantu n’ubwo baba badahuje imyizerere.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis kuri iki Cyumweru kandi yasomeye Misa mu majyaruguru ya Iraq, mu gice cyahozemo urusengero rukomeye ariko rwaje gusenywa n’ibisasu by’abarwanyi ba Islamic State.

Ni misa yabaye ku munsi wa gatatu w’uruzinduko rwa Papa Francis muri Iraq, igihugu gituwe ahanini n’abayoboke b’idini ya Islam.

Ibice Papa Francis yasuye, mu myaka ine ishize byabereyemo intambara zikomeye z’umutwe wa Islamic State mbere y’uko utsindwa.

 Mu ntambara uwo mutwe waharwanye wasenye inyubako nyinshi zirimo na Kiliziya, utoteza n’Abakirisitu bahasengeraga.

Papa Francis ari muri kajugujugu, yageze mu mujyi wa Erbil yitegereza uburyo agace ka Mossoul kasenywe bikomeye, aho hakaba ariho hahoze icyicaro gikuru cya Islamic State.

- Advertisement -

Abatuye muri ibyo bice bakiranye Papa ibyishimo bikomeye, abaremamo icyizere ashingiye ku bihe baciyemo.

Yagize ati “Ubuvandimwe bukomeye kuruta gucanamo ibice, ibyiringiro bikomeye kuruta urupfu, kandi amahoro akomeye kuruta intambara.”

Papa Francis yagiye no mu gace ka Qaraqosh agenda mu modoka itamenwa n’amasasu.

Yahagaze inshuro nyinshi aha abana umugisha.

Yabwiye abaturage ko uyu munsi yari awutegereje cyane. Mbere y’uru rugendo byavuzwe kenshi ko ashobora kurusubika kubera ibibazo by’umutekano.

Yagize ati “Uku guhura kwacu kurerekana ko iterabwoba n’urupfu atari byo bifite ijambo rya nyuma. Igihe kirageze ngo twongere kubaka, bitari inyubako gusa ahubwo n’ibindi bihuza imiryango muri rusange.”

Mu Misa uyu muyobozi wa Kiliziya Gatulika yasomye, yari akikijwe n’amatongo y’inyubako zahoze aho hantu, ubu zikaba zarabaye inzibutso z’amateka.

Amwe mu magambo akomeye Papa Francis azibukirwaho mu mateka ni uko yigeze kuvuga ati: ” Ntibikwiye guhura Islam n’ubutagondwa.”

Papa Francis avuga ko Islam itagombye kwitiranwa n’ubutagondwa
TAGGED:AmahoroFrancisMosulPapaRoma
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburyo Bwihariye Bwifashishijwe Mu Kumenyereza U Rwanda Inkura Zaturutse I Burayi
Next Article Nsanzabaganwa Yifurije Abagore Umunsi Mwiza, Abibutsa Uruhare Rw’Umugabo
1 Comment
  • Kidamage says:
    08 March 2021 at 12:22 pm

    Umubano mu bantu uruta byose

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?