Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Papa Francis Yasubukuye Gusura DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Papa Francis Yasubukuye Gusura DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2022 7:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi w’Ibiro bya Papa Francis witwa Mgr Ettore Balestrero yatangaje ko Papa Francis azasura Repubulika ya Demukarasi ya Congo hatari y’Italiki 31, Mutarama n’Italiki 3, Gashyantare, 2023.

Iby’uru rugendo byatangajwe kandi nyuma y’uko Mgr Ettore Balestrero agiranye ikiganiro na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi, iki kiganiro kikaba cyarabaye kuri uyu wa Kane Taliki 01, Ukuboza, 2022.

Kuri gahunda y’ingendo za Papa Francis handitse ho ko nava muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo azakomereza muri Sudani y’Epfo.

Ibiro bye bitangaza ko zizaba ari ingendo zigamije kunga abatuye ibi bihugu biri mu bimaze igihe kinini byarabuze amahoro kurusha ibindi ku isi.

Minisitiri w’Intebe wa DRC Bwana Jean-Michel Sama Lukonde  avuga ko abatuye igihugu cye bishimiye ko bazasurwa na ‘Nyirubutungane,’ kandi ngo bizabaruhura umutima.

Yabasabye gukomeza gusengera Papa kugira ngo ruriya rugendo rwe ntiruzagire kidobya.

Ngo muri iki gihe amasengesho arakwiye cyane cyane ko n’igihugu kiri mu bihe bitacyoroheye kubera intambara ikimazemo igihe kandi isa n’iyabaye karande.

Urugendo rwa Papa Francis rutangajwe nyuma y’uko hari urundi rwasubitswe mu mezi yashize bitewe n’uko yagize ikibazo mu ivi gitunguranye, bigatuma adashobora guhagaraga igihe kirekire no kwigenza.

Iby’uko rwasubitswe  icyo gihe byatangajwe n’uwari ushinzwe itumanaho mu biro bye witwa Matteo Bruni.

Kuri gahunda y’urugendo rwe rwa mbere, hari ho ko azasura Umurwa mukuru, Kinshasa, ariko agasura na Goma ahamaze iminsi hari ubwoba ko M23 yahigarurira kandi aka gace kakaba gaturanye n’ahantu hamaze igihe hari intambara hagati y’ingabo za Leta n’imitwe iyirwanya irenga 100.

TAGGED:DRCIntambaraKinshasaPapaSudan
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburayi Bwashyize Butanga Amafaranga Yo Gukoreshwa Mu Kwirukana Ibyihebe Muri Mozambique
Next Article UN Yatanze Impuruza Kuri Jenoside Ishoboka Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu mahanga

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?