Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Papa Francis Yatangiye Uruzinduko Rw’Amateka Muri Iraq
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Papa Francis Yatangiye Uruzinduko Rw’Amateka Muri Iraq

Last updated: 05 March 2021 2:39 pm
Share
SHARE

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis yatangiye uruzinduko rw’iminsi ine muri Iraq, ari narwo rwa mbere umuyobozi wa kiliziya ku Isi agiriye muri icyo gihugu cyiganjemo abayoboke b’idini rya Islam.

Nyuma yo kugera muri icyo gihugu, biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatanu Papa Francis aganira na Minisitiri w’Intebe Mustafa al-Kadhimi na Perezida Barham Salih.

Azanagirana ibiganiro n’abakirisitu bo muri Iraq.

Mu minsi ishize byari byaketswe ko Papa Francis ashobora gusubika urwo rugendo kubera umutekano muke. Ku wa Gatatu impungenge ziyongereye ubwo imitwe yitwaje intwaro yateraga ibisasu 10 bya rocket ku birindiro by’ingabo za Amerika na Iraq. Gusa Papa Francis yahise atangaza ko urugendo rudasubikwa.

Ubwo rwatangiraga, umutwe witwaje intwaro wo ku ruhande rwa Shia uzwi nka “Saraya Awliya al-Dam” wahise utangaza ko uhagaritse imirwano mu gihe cy’urwo ruzinduko, “ku mabwiriza ya Imam al-Sistani no mu izina ry’urugwiro Abarabu basanganywe.”

Papa agomba gusura cathedrale y’i Baghdad, anagirane ikiganiro n’abasenyeri bo muri icyo gihugu.

Azanasura ibice bitandukanye by’icyo gihugu, anagirane ibiganiro n’abakuru b’idini ya Islam barimo Grand Ayatollah Sayyid Ali al-Husayni al-Sistani, wubashywe cyane mu ba Shia.

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nsabimana ‘Sankara’ Yagereranyije Rusesabagina n’Umunyeshuri Utinya Ikizamini
Next Article Musenyeri Niyomwungere Yahishuye Uko Hanogejwe Umugambi Wo Kugeza Rusesabagina Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Uburayi Bwatanze Miliyoni € 2 Zo Gufasha Abo Muri Kivu Y’Amajyepfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?