Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Pariki Y’Akagera Ku Rutonde Rw’Izindi Zikomeye Muri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Pariki Y’Akagera Ku Rutonde Rw’Izindi Zikomeye Muri Afurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 April 2021 12:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu bakozi ba Televiziyo ikomeye y’Abanyamerika yitwa National Geographic witwa Ronan Donovan aherutse mu Rwanda mu rugendo rw’akazi rwo gufotora imibereho y’inyamaswa zo muri Pariki y’Akagera. Ibyo yahabonye byatumye iriya pariki ishyirwa muri Pariki abakurikirana iriya televiziyo bazajya bareba kenshi.

Yamaze amasaha arenga atandatu acungira hafi niba hari ikintu yabona muri iriya Pariki cyakurura abakurikirana National Geographic Channel.

Donovan yaje kubona intare ebyiri zivumbura ingurube y’ishyamba(wartog) zirayirukankana ziyigwa ku gakanu zirayirya.

Ni amashusho ashishikaza buri wese ureba uko ubuzima bwo mu ishyamba buteye.

Mu ishyamba niho umugani uvuga ko ‘akaruta akandi kakamira’ ugaragarira kurusha ahandi hose.

Bwana Ronan Donavan yafotoreye ziriya nyamaswa muri metero 50 uvuye aho yari ari mu modoka ya ba mukerarugendo.

Yamaze iminsi ine muri iriya pariki ashakisha uko yabona ikintu kiza nka kiriya.

Kuba intare zisigaye zihiga zikabona umuhigo ni ibintu bishishikaje kuko higeze gushira igihe kirekire nta ntare yivugira muri iriya pariki kuko zishwe zirashira.

Akarusho ka Pariki y’Akagera muri EAC

Pariki y’Akagera ifite umwihariko w’uko ari nto mu buso, kandi ikagira ibiyaga byinshi. Kuba ifite uruzi ruyahuranyamo kabiri ni akandi karusho.

Ubuto bwayo butuma abayisura babona inyamaswa hafi yabo, bitabasabye urugendo rurerure rujyanirana n’umunaniro.

Kuba ari nto bituma inyamaswa zirisha ibyatsi ziba zituranye n’izirya inyama bityo indyanyama zikarya indyabyatsi bitazigoye.

Ibiyaga biba muri Pariki y’Akagera bituma indyabyatsi zibona urwuri n’amazi akenewe kugira ngo zibeho.

Ibiyaga n’amazi kandi ni indiri nziza y’amafi, inzoka, intutubu, inyoni z’amoko yose ndetse n’ibyatsi birandaranda hejuru yayo.

Kuba iyi Pariki ari nto bihesha amahoro inyamaswa ziyituyemo kandi ntibivune mukerarugendo ushaka kuzibona hafi

Ni pariki igabanyijemo ibice bibiri.

Igice cy’Amajyaruguru yayo kigizwe n’amabuye kandi kurumagaye. Ibi bituma kiba ahantu heza ho guturwa n’inzoka, utunyamasyo, ibikeri, imiserebanya n’ibindi bikururanda bikunda ahantu hashyuha.

Mu gice cy’Amajyepfo, hari urufunzo runini rugabanya iriya pariki n’igihugu cya Tanzania, ariko nanone rukagira akamaro ko gukumira ko inyamaswa zo mu Rwanda zambuka zikajya muri Tanzania.

Ifite udusozi twinshi kandi tubereye ijisho k’uburyo harimo n’ako bise ‘Igituza cy’Inkumi’.

Muri iriya Pariki kandi hari agace bita ‘KU ISI’.

TAGGED:AfurikaAkagerafeaturedInyamaswaPariki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I&M Bank Rwanda Plc Igiye Gutanga Imigabane Y’Inyongera Ku Banyamigabane Bayo
Next Article Kuvugurura Ubuhinzi Muri Afurika Birihutirwa – Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?