Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Parti Libéral Yongeye Gutora Donatille Mukabalisa Ngo Ayiyobore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Parti Libéral Yongeye Gutora Donatille Mukabalisa Ngo Ayiyobore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 December 2022 11:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishyaka PL( Parti Libéral) riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu ryatoye Hon Donatille Mukabalisa ngo yongere ariyobore ku rwego rw’igihugu.

Ni nyuma y’amatora aherutse guhuza  abagize Komite yaguye y’iri shyaka.

PL imaze imyaka 31 ishinzwe kuko yashinzwe mu mwaka wa 1991.

Kuri iki Cyumweru nibwo abayoboke ba PL  mu Ntara zose  n’Umujyi wa Kigali bahuriye i Kigali muri kongere ya munani isanzwe y’ishyaka PL.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uretse amatora ya Komite nyobozi yakorewe muri iyi Nama, abayoboke ba PL bahuguwe no kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda n’indangagaciro ziranga abanyapolitiki.

Biro Politiki yatowe ngo iyobora PL ifite manda y’imyaka itanu.

Hon. Mukabalisa Donatille usanzwe ari Perezida w’Umutwe w’Abadepite, yavuze ko muri iyi manda bazongera imbaraga mu gutanga ibitekerezo byubaka Igihugu.

Yunzemo ko ishyaka PL rizahatanira imyanya mu matora y’Abadepite ateganijwe mu mwaka wa 2023.

Ibyo guhatana cyangwa kudahatana mu matora y’Umukuru w’igihugu ngo ishyaka PL ritarabifataho umurongo.

- Advertisement -

Hon Mukabalisa ati: “Ibyo ngibyo ni ibizemezwa igihe nikigera, ariko ku matora y’Abadepite ho tugomba kuzajyamo, tuzatanga abakandida, ku bindi rero nabyo tuzabijyaho inama turebe igikwiye gukorwa.”

Abanyamuryango ba PL bishimira ko bagize uruhare mu gufatanya n’abandi Banyarwanda guteza igihugu imbere.

Bavuga ko baharaniye ko u Rwanda ruba igihugu kirimo ubwisanzure, kuko ngo ‘utatera imbere utisanzuye.’

Abandi bayobozi ba PL batowe ni Biro Politiki izayobora  PL ku rwego rw’igihugu, barimo Depite Munyangeyo Théogène wabaye Visi perezida wa mbere, Twagirimana Epimaque watorewe kuba Visi Perezida wa Kabiri, Senateri Umuhire Adrie watorewe kuba Umunyamabanga mukuru w’ishyaka na Dr Murenzi Phanuel watorewe kuba umubitsi w’ishyaka PL ku rwego rw’igihugu.

TAGGED:featuredIshyakaMukabalisaPolitiki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intumwa Za Uganda Zageze Muri Amerika Mbere Y’Inama Y’Amerika N’Afurika
Next Article Perezida Kagame Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Mpuzamahanga Burambye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?