Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Pasiporo Nyarwanda Nyinshi Zigiye Guta Agaciro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Pasiporo Nyarwanda Nyinshi Zigiye Guta Agaciro

admin
Last updated: 16 March 2021 3:08 pm
admin
Share
SHARE

Guhera ku wa 28 Kamena 2019 kugeza ku wa 27 Kamena 2021, imyaka ibiri izaba yuzuye nk’igihe cyahawe abakoresha pasiporo nyarwanda ngo bose bazabe bakoresha iz’ikoranabuhanga z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Ni pasiporo zijyanye n’ibyemejwe n’Ikigo Mpuzamahanga kigenga iby’indege za gisivili, ICAO, n’amabwiriza y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) agenga ishyirwaho rya pasiporo.

Pasiporo nyarwanda y’ikoranabuhanga yatanzwe bwa mbere ku wa 28 Kamena 2019, guhera ubwo ni zo zonyine zemerewe gutangwa.

Gusa izatanzwe mbere y’iyo tariki zitararenza imyaka itanu zisohotse, ziracyifashishwa mu ngendo. Ni ukuvuga izasohotse hagati ya tariki 29 Kamena 2016 kugeza ku wa 28 Kamena 2019.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Guhera ku wa 28 Kamena 2021 hazaba hemewe gusa pasiporo nyarwanda y’ikoranabuhanga ya EAC.

Umuyobozi mu Kigo Gishinzwe Abinjira n’Abasohoka Ushinzwe Serivisi Zihabwa Abanyarwanda, Rusanganwa Jean Damascène, yabwiye Taarifa ko bitoroshye kumenya pasiporo zitarahindurwa ku buryo zishobora guta agaciro zitarangije igihe.

Ati “Ubungubu pasiporo ziri mu bantu zikeneye kuzahinduzwa zatanzwe mu myaka itatu yabanje ntabwo ziri hasi ya 100.000. Ntabwo zose barazihindura.”

“Ntabwo twamenya izitarahindurwa kuko ntidutandukanya uje guhinduza iyarangiye cyangwa usaba bwa mbere. Tugiye kubibara twabikora ariko mu ikoranabuhanga ntabwo bihita bibitwereka.”

Pasiporo nshya ihagaze ite?

- Advertisement -

Pasiporo igomba gusigara ikoreshwa ifite ibyiciro birimo pasiporo isanzwe y’ubururu bwerurutse, ikoreshwa mu ngendo zisanzwe, igahabwa abanyarwanda bose bayifuza.

Iy’abana ifite paji 34 yemewe mu gihe cy’imyaka ibiri, igura 25.000Frw. Pasiporo isanzwe y’abakuru ya paji 50 igura 75000 Frw ikamara imyaka itanu, naho pasiporo isanzwe ifite paji 66 imara imyaka 10, igura 100.000 Frw.

Hari n’icyiciro cya pasiporo y’akazi isa n’icyatsi kibisi, ihabwa abakozi bagiye mu butumwa bwa leta. Ifite paji 50, ikamara imyaka itanu ku kiguzi cya 15.000 Frw.

Hari na pasiporo y’abadipolomate n’abandi banyacyubahiro bateganywa n’iteka rya Minisitiri ryo muri Gicurasi 2019 rirebana n’abinjira n’abasohoka ifite paji 50, imara imyaka 5, igurwa 50 000 Frw.

Rusanganwa yavuze ko nta mpungenge ko ibihe bya COVID-19 byahungabanyije ubukungu bwa benshi bizaba imbogamizi mu gutuma abantu batinda gufata pasiporo nshya, kuko hari igihe umuntu ayifata ari uko afite urugendo gusa.

Ati “Impamvu tubivuga ni ukugira ngo wa wundi wicaranye pasiporo [yatanzwe mbere ya 2019] akeka ko mu kwa karindwi 2021 azayigenderaho cyangwa mu kwa munani, abimenye ko atazayigenderaho, ariko ashobora kutayihinduza nonaha.”

 “Abantu baduhangayikisha cyane ni abantu baba mu bihugu byo mu mahanga kuko bo gutunga pasiporo biba ari itegeko. Ariko umuntu uri mu Rwanda ashobora no kudakenera kuyihinduza.”

Kugeza ubu ababa mu mahanga basaba pasiporo banyuze ku rubuga Irembo, bakuzuza ibisabwa, bakishyura mu buryo bw’ikoranabuhanga dosiye ikaba iruzuye.

Kubona pasiporo ku muntu uri mu mahanga bishobora gufata iminsi itarenze ine kimwe n’uwayisabiye mu Rwanda, mu gihe mbere bitajyaga munsi y’ukwezi.

TAGGED:COVID-19EACfeaturedPasiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarwanyi Ba Islamic State Muri Mozambique ‘Bica ’ Abana B’Imyaka 11
Next Article Dr. Kayumba Christopher Yashinze Ishyaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?