Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Nyuma Y’Amasaha Yarengewe N’Ikirombe Yavanywemo Ari Muzima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Nyuma Y’Amasaha Yarengewe N’Ikirombe Yavanywemo Ari Muzima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2023 12:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Gakenke, Umurenge wa Ruli, Akagari ka Jango, Umudugudu wa Murehe yatabawe  Habarurema w’imyaka 23 wari waburiwe irengero guhera kuri uyu wa Gatatu mu cya kare, nyuma y’uko hari ikirombe cyamugwiriye.

Habarurema ni mwene Banganshaka Pascal na Primite Nyiransengimana, akaba yaraguye mu cyobo ubwo yari ari kumwe na mugenzi we bagiye gutegurira abo bakorana ngo baze gutangira akazi bameze neza.

Uyu mugabo w’umunyamugisha akomoka mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke.

Yari umukozi w’ikigo gicukura amabuye y’agaciro kitwa Ruli Mining Ltd.

Abatabazi bamukuye muri uriya mwobo bavuga ko ikirombe cyamuhanukiye ariko kigasanga yarangije kugwa, ikirombe kigasanga yihishe mu mwenge binjiriramo bajya imbere cyane mu kirombe bityo ibitaka n’ibiti ntibyashobora kumugeraho.

Habarurema ugaragaraho itaka ryinshi avuga ko muri rusange ameze neza uretse ko atabasha kumva kubera ko amazi yamugiye mu matwi kandi akaba ababara ku gice cyo hasi y’amaguru.

Yajyanywe mu bitaro bya Ruli kwitabwaho n’abaganga.

Igikorwa cyo kumushakisha cyari cyahuruje imbaga harimo n’abayobozi ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru.

TAGGED:featuredGakenkeIbitaroIkirombeRuliUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Paris Saint Germain Yongereye Amasezerano Ya Visit Rwanda
Next Article Iburanisha Rya Dubai Ryakomeje, Ibyaha Areganwa N’Abandi Babihakanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

Menya Uko u Rwanda Rwakiriye Amasezerano Yasinywe Hagati Ya Kinshasa Na AFC/M23

Ruhango: Arakekwaho Kwicisha Nyirakuru Inkoni

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

Trump Ati: “BBC Ngomba Kuyirega Byanze Bikunze”

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Nyamasheke: Abaturage Barasaba Kugabanyirizwa Tike Y’Ubwato Bubafasha Kujya Guhaha

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

You Might Also Like

Mu Rwanda

2.9% By’Abanyarwanda Bafite Diyabete:RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?