Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Pasiteri Mpyisi Yasize Yanditse Igitabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Pasiteri Mpyisi Yasize Yanditse Igitabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 July 2024 11:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Kaminuza ya UNILAK haraye yamurikiwe igitabo Pasiteri Ezra Mpyisi yasize yanditse yise ‘Inkomoko y’ibyiza byose: Imana’. Uyu mukambwe aherutse gutabaruka afite imyaka irenga 100.

Hagati aho kandi uyu munyabwenge u Rwanda rwabuze yasize ashinze n’ishuri rya Bibiliya yise Pasitor Ezra Mpyisi Bible and Education Foundation” (PEMBE).

Mpyisi yasize hari imirimo yari yaratangije ariko atabaruka atayigejeje ku ndunduro, iyo ikabamo n’iryo shuri.

Abo mu muryango we n’inshuti zabo bahise biyemeza gukomeza kuyiteza imbere mu rwego rwo gusigasira umurage we.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Igitabo Mpyisi yanditse yacyanditse abisabwe na bamwe mu bakunzi be barimo n’abo yigishije amasomo ya Bibiliya.

Gikubiyemo inyigisho z’ingenzi zifasha umusomyi kwimenya, akamenya Imana n’umugambi imufitiye mu buzima bwe.

‘Inkomoko y’Ibyiza Byose: Imana’

Ibikorwa by’ishuri rya Bibiliya rya PEMBE bizibanda ku gushyiraho ubufatanye n’imiryango itandukanye ishingiye ku madini kugira ngo ibashyigikire mu kugura Bibiliya no kuzikwirakwiza mu mashuri n’amatsinda yifuza kwiga Bibiliya.

Hateganyijwe kandi ko hazashyirwamo ikigega gitera inkunga uburezi bw’abana bo mu miryango itishoboye kugira ngo bashobore kwiga.

Gerald Mpyisi umuhungu wa Pasiteri Ezra Mpyisi akaba ari na we mukuru ushinzwe gusigasira ibyo Umuryango PEMBE wagezeho akangurira Abanyarwanda kumenya ibyo Bibiliya yigisha, bakamenya Imana.

- Advertisement -
Gerald Mpyisi( [email protected])

Avuga ko bamaze amezi ane bategura kumurika kiriya gitebo ndetse n’itangizwa rya ririya shuri.

Ati “Ni umunsi w’umunezero wacu kandi bikaba no ku bantu bose bakundaga Mpyisi. Twese twifuzaga ko umurage yasize w’ibyo yakoraga bishimwa na benshi uzahoraho, nkatwe rero abamukomokaho n’izindi nshuti ze byatunejeje kugira ngo dushobore kwerekana PEMBE, kandi n’abifuza kumenya amakuru y’umuryango arenzeho bakaba basura urubuga rwayo pasiteriezrampyisifoundation.org.’’

Ezra Mpyisi yatabarutse amaze guha abantu Bibiliya 1300. Umuryango yasize ashinze nawo uvuga ko uzakomeza muri uwo mujyo kandi warabikomeje kuko kugeza ubu umaze guha abantu izindi Bibiliya 700.

 

TAGGED:featuredigitaboImanaMpyisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biden Agiye Kuzibukira Ibyo Kwiyamamaza
Next Article Abarundi Basabwe Kutazabeshya Ku Makuru Areba Ibarura Rusange
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?