Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Pasiteri Wo Muri Nigeria Uzwi Cyane Muri Afurika No Muri Amerika Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Amadini N'Iyobokamana

Pasiteri Wo Muri Nigeria Uzwi Cyane Muri Afurika No Muri Amerika Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 June 2021 10:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Temitope Balogun Joshua wari uzwi ku izina rya T.B Joshua yapfuye. Byatangajwe n’abo mu itorero rye ryitwa The Synagogue, Church of All Nations ryakoreraga i Lagos muri Nigeria.

Yari icyamamare k’uburyo yari afite abantu 3,500,000 bamukurikiranaga kuri Facebook n’abandi 1,000,000 bamukurikiraga kuri YouTube TV yise Emmanuel TV.

Yavutse tariki 12, Kamena, 1962, akaba yaraye yitabye Imana mu ijoro ryacyeye.

Akomoka mu bwoko bw’aba Yoruba muri Nigeria ndetse abakuru bo muri ubwo bwoko bamuhaye umudari w’Umu Yoruba wamenyekanye kandi akagira akamaro kurusha abandi mu myaka icumi yashize.

Yari ari mu Banyafurika 50 bavuga rikijyana nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru The Africa Report na New African Magazine.

Ikinyamakuru Forbes muri 2011 cyanditse ko Temitope Balogun Joshua yari Umunya Nigeria w’Umupasiteri wa gatatu ukize mu gihugu cyose.

Nigeria nicyo gihugu cya mbere muri Afurika gituwe n’abaturage benshi, kuko gituwe n’abaturage barenga miliyoni 200.

Inyigisho ze ariko, hari bamwe zitashimishaga k’uburyo nka Guverinoma ya Cameroon yamushyize ku rutonde rw’abantu batagomba kwinjira ku butaka bwayo.

Yapfuye avuye kwigisha…

Amakuru atangazwa n’abo mu idini rye, avuga ko uriya mugabo yapfuye avuye kwigishiriza kuri Televiziyo ye yitwa Emmanuel TV.

Hari bamwe bemeraga ko avura n’indwara

Bivugwa ko yigeze kubwira abayoboke be ko kugira ngo ashinge ririya dini byaturutse ku iyerekwa, ubwo Imana yabimusabaga asinziriye.

Nyuma rero ngo nibwo yashinze iriya dini.

Ni idini rifite ishami muri Ghana honyine n’ubwo rikunzwe henshi muri Afurika no muri Amerika y’Amajyepfo.

Gusa ngo yigeze gushaka kuryimurira muri Israel ariko  abantu barabimubuza, bamusaba kuguma i Lagos muri Nigeria aho ryashingiwe.

TAGGED:AfurikafeaturedIsraelNigeriaPasiteri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bamaze Imyaka 4 Bacukura Amabuye Yacu Badasora
Next Article Mushikiwabo Yamaganye Ubwicanyi Buherutse Kubera Muri Burkina Faso
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?