Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Paul Biya Yahinyuje Abavugaga Ko Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Paul Biya Yahinyuje Abavugaga Ko Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 October 2024 10:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Paul Biya afite imyaka 91 y'amavuko, igera kuri 42 ayimaze ku butegetsi.
SHARE

Perezida wa Cameroun Paul Biya w’imyaka 91 yongeye kuboneka mu ruhame ku nshuro ya mbere mu byumweru bitandatu bishize aba ahinyuje atyo abavugaga ko yapfuye bikagirwa ibanga.

Televiziyo ya Leta yagaragaje amashusho ya Perezida Biya ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege cyo mu murwa mukuru Yaoundé avuye mu Busuwisi.

Leta ya Cameroun yari yarabujije ibitangazamakuru kuvuga ku buzima bwa Biya, ikavuga ko kubivugaho ari ugutandukira ukajya ku kibazo kireba umutekano w’igihugu.

Uyu mugabo amaze ku butegetsi imyaka 42 kuko yagiyeho mu mwaka wa 1982, nyuma y’imyaka mike yari amaze ari Minisitiri w’Intebe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Si ubwa mbere yari abitswe ko yapfuye kuko mu myaka 20 ishize byavuzwe kenshi.

Amashusho yatangajwe ku wa mbere agaragaza Perezida Biya yambaye ikoti ricyeye nk’ibisanzwe, ‘agaragara ko akomeye’.

Inshuro ya nyuma Biya yaherukaga kubonwa mu ruhame hari ku itariki ya 8 Nzeri (9) uyu mwaka.

Yari yitabiriye inama y’Ubushinwa n’Afurika yabereye mu murwa mukuru Beijing.

Nyuma y’aho abaturage ba Cameroun bamaze igihe batamuca iryera, bakavuga ko ashobora kuba yarapfuye.

- Advertisement -

Ubuyobozi bwavuze ko ibyo abaturage bavuga by’uko Umukuru w’igihugu cyabo yapfuye atari byo.

Aho agaragariye ava mu ndege nibwo impaka zacitse, abantu babona ko Paul Biya ubura imyaka icyenda ngo yuzuze imyaka 100 akiri ho.

Azwiho kuba akunze kugirira ingendo muri uwo mu mujyi wo mu Busuwisi.

Kongera kugaragara kwe mu ruhame gushobora gutuma hari abo mu ishyaka rye rya RDPC (Rassémblement Démocratique du Peuple Camerounais) bamusaba kwiyamamariza indi manda y’imyaka irindwi mu matora yo mu mwaka utaha.

BBC yanditse ko nubwo uyu “mugabo ntare”, cyangwa “l’homme lion” mu Gifaransa, nkuko abamushyigikiye bamwita, ataratangaza ku mugaragaro niba aziyamamaza, abamunenga bavuga ko ibikorwa bye bya politike byo mu gihe cya vuba aha gishize bica amarenga y’igerageza ryo gutuma ishyaka riri ku butegetsi rikomeza kubugundira.

TAGGED:BBCBiyaCamerounfeaturedPaulPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyabihu: Inzu Z’Abacuruzi Zafashwe N’Inkongi
Next Article Hezbollah Iravugwaho Ububiko Bunini Bwa Zahabu N’Amadolari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Burundi: Umudepite Yakubiswe

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Muganga Yaremeye Ikipe Y’Igihugu Y’Abangavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?