Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Pegasus Tuyiha Gusa Ibihugu Byugarijwe N’Iterabwoba- Minisitiri W’Ingabo Wa Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Iterabwoba

Pegasus Tuyiha Gusa Ibihugu Byugarijwe N’Iterabwoba- Minisitiri W’Ingabo Wa Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 July 2021 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ingabo za Israel  Benny Gantz aherutse kubwira mugenzi we uyobora ingabo z’u Bufaransa Madamu Florence Parly ko ikoranabuhanga rya Pegasus Israel irigurisha ibihugu byugarijwe n’iterabwoba byonyine. Ngo ntabwo igenewe ‘abashaka gutata abandi mu rwego rwo kubatata gusa’.

Ganzy na Parly i Paris

Hari mu kiganiro baherutse kugirana kubera umujinya u Bufaransa bwagize nyuma yo kumenya ko Pegasus yakoreshwe mu kumviriza ibiganiro bya Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Itangazamakuru rimaze iminsi rivuga ko ririya koranabuhanga ryakoreshejwe n’ibihugu byinshi bigamije kumva ibiganiro hagati y’abatavuga rumwe nabyo, impirimbanyi za politiki n’iz’uburenganzira bwa muntu, abanyamakuru, abanyapolitiki n’abandi.

Umwe mu banyapolitiki bakomeye ku isi bivugwa ko bumvirijwe hakoreshejwe ririya koranabuhanga ni Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Perezida Macron yarumvirizwaga

Bivugwa ko yumvirijwe n’inzego z’umutekano za Maroc zigamije kumenya niba hari ubufasha aha abarwanyi bo mu mutwe wa Sahara y’i Burengerazuba wa Porisario, Maroc yemeza ko ugamije kubangamira umutekano wayo.

Ubwo yahuraga na Benny Gantz, Florence Parly yamubajije niba Leta ya Israel yari isanzwe izi ko ikigo NSO gikoresha ririya koranabuhanga mu kumviriza abantu, Gantz amusubiza ko icyo Israel ikora ari uko iyo isanze igihugu runaka gicyeneye ririya koranabuhanga ngo gikumire iterabwoba, yiga niba yakiriha yasanga ari ngombwa ikabikora.

Ngo ntabwo rigenewe ‘kumviriza abantu bose’.

The Jerusalem Post ivuga ko Benny Gantz yabwiye Parly ati: “Israel iha ibihugu uburenganzira bwo gukoresha ririya koranabuhanga iyo ari iryo gukoresha mu kurwanya iterabwoba n’ibyaha bikomeye.”

Guverinoma ya Israel yasuye Ibiro bikuru bya NSO

Hagati aho, intumwa za Guverinoma ya Israel zasuye abakozi b’Ikigo NSO bakorera ahitwa Herzliya  mu nkengero za Tel Aviv.

Bamwe mu bakozi ba NSO Group ikorera mu nkengero za Tel Aviv

Byari mu rwego rwo kubabaza icyaba cyaratumwe imikoreshereze ya Pegasus ihinduka inkuru y’akumiro(scandal) ku isi hose.

Nta makuru arambuye ku byavugiwe mu biganiro hagati y’impande zombi aratangazwa.

Kubera ko Pegasus ifatwa nk’imwe mu ntwaro z’igisirikare cya Israel, bitegetswe ko kugira ngo igire aho igurishwa bigomba kwemezwa na Minisiteri y’ingabo.

Bivugwa ko ubwo iri koranabuhanga ryatangiraga kugeragezwa bwa mbere, ryageragerejwe ku mucuruzi w’ibiyobyabwenge wari warazengereje Amerika y’Amajyepfo witwa Joaquín Guzmán wamenyekanye nka El Chapo.

Pegasus yagize uruhare mu ifatwa rya Joaquín Guzmán wamenyekanye nka El Chapo.

Iri mu bikoresho by’ingenzi byatumye uyu mugabo afatwa kandi ifatwa rye ryashimishije uwahoze ayobora Mexique Bwana Filipe Calderón bituma ashimira NSO kubera umusanzu wayo muri kiriya gikorwa.

Icyo gihe hari mu mwaka wa 2011.

TAGGED:BufaransafeaturedIngaboIsraelMacronMinisitiriPegasus
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umushinwa ‘Yongeye’ Guca Agahigo Mu Baterura Ibiremereye
Next Article Abanyamerika Bafitiye Ubwoba Umutingito Ukomeye Na Tsunami Bibugarije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?