Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Pegasus Tuyiha Gusa Ibihugu Byugarijwe N’Iterabwoba- Minisitiri W’Ingabo Wa Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Iterabwoba

Pegasus Tuyiha Gusa Ibihugu Byugarijwe N’Iterabwoba- Minisitiri W’Ingabo Wa Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 July 2021 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ingabo za Israel  Benny Gantz aherutse kubwira mugenzi we uyobora ingabo z’u Bufaransa Madamu Florence Parly ko ikoranabuhanga rya Pegasus Israel irigurisha ibihugu byugarijwe n’iterabwoba byonyine. Ngo ntabwo igenewe ‘abashaka gutata abandi mu rwego rwo kubatata gusa’.

Ganzy na Parly i Paris

Hari mu kiganiro baherutse kugirana kubera umujinya u Bufaransa bwagize nyuma yo kumenya ko Pegasus yakoreshwe mu kumviriza ibiganiro bya Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Itangazamakuru rimaze iminsi rivuga ko ririya koranabuhanga ryakoreshejwe n’ibihugu byinshi bigamije kumva ibiganiro hagati y’abatavuga rumwe nabyo, impirimbanyi za politiki n’iz’uburenganzira bwa muntu, abanyamakuru, abanyapolitiki n’abandi.

Umwe mu banyapolitiki bakomeye ku isi bivugwa ko bumvirijwe hakoreshejwe ririya koranabuhanga ni Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Perezida Macron yarumvirizwaga

Bivugwa ko yumvirijwe n’inzego z’umutekano za Maroc zigamije kumenya niba hari ubufasha aha abarwanyi bo mu mutwe wa Sahara y’i Burengerazuba wa Porisario, Maroc yemeza ko ugamije kubangamira umutekano wayo.

Ubwo yahuraga na Benny Gantz, Florence Parly yamubajije niba Leta ya Israel yari isanzwe izi ko ikigo NSO gikoresha ririya koranabuhanga mu kumviriza abantu, Gantz amusubiza ko icyo Israel ikora ari uko iyo isanze igihugu runaka gicyeneye ririya koranabuhanga ngo gikumire iterabwoba, yiga niba yakiriha yasanga ari ngombwa ikabikora.

Ngo ntabwo rigenewe ‘kumviriza abantu bose’.

The Jerusalem Post ivuga ko Benny Gantz yabwiye Parly ati: “Israel iha ibihugu uburenganzira bwo gukoresha ririya koranabuhanga iyo ari iryo gukoresha mu kurwanya iterabwoba n’ibyaha bikomeye.”

Guverinoma ya Israel yasuye Ibiro bikuru bya NSO

- Advertisement -

Hagati aho, intumwa za Guverinoma ya Israel zasuye abakozi b’Ikigo NSO bakorera ahitwa Herzliya  mu nkengero za Tel Aviv.

Bamwe mu bakozi ba NSO Group ikorera mu nkengero za Tel Aviv

Byari mu rwego rwo kubabaza icyaba cyaratumwe imikoreshereze ya Pegasus ihinduka inkuru y’akumiro(scandal) ku isi hose.

Nta makuru arambuye ku byavugiwe mu biganiro hagati y’impande zombi aratangazwa.

Kubera ko Pegasus ifatwa nk’imwe mu ntwaro z’igisirikare cya Israel, bitegetswe ko kugira ngo igire aho igurishwa bigomba kwemezwa na Minisiteri y’ingabo.

Bivugwa ko ubwo iri koranabuhanga ryatangiraga kugeragezwa bwa mbere, ryageragerejwe ku mucuruzi w’ibiyobyabwenge wari warazengereje Amerika y’Amajyepfo witwa Joaquín Guzmán wamenyekanye nka El Chapo.

Pegasus yagize uruhare mu ifatwa rya Joaquín Guzmán wamenyekanye nka El Chapo.

Iri mu bikoresho by’ingenzi byatumye uyu mugabo afatwa kandi ifatwa rye ryashimishije uwahoze ayobora Mexique Bwana Filipe Calderón bituma ashimira NSO kubera umusanzu wayo muri kiriya gikorwa.

Icyo gihe hari mu mwaka wa 2011.

TAGGED:BufaransafeaturedIngaboIsraelMacronMinisitiriPegasus
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umushinwa ‘Yongeye’ Guca Agahigo Mu Baterura Ibiremereye
Next Article Abanyamerika Bafitiye Ubwoba Umutingito Ukomeye Na Tsunami Bibugarije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?