Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Emmanuel Macron ‘Azasura’ U Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Emmanuel Macron ‘Azasura’ U Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2021 7:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, mu minsi iri imbere ateganya uruzinduko mu Rwanda, rushobora kuzaba hagati ya Mata na Gicurasi 2021.

Amakuru avuga ko Perezida Macron azasura u Rwanda mu bihe byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Intiti mu mateka ya Politiki y’u Rwanda n’u Bufaransa zivuga ko u Bufaransa bwagize uruhare mu gufasha Leta yateguye ndetse igashyira mu bikorwa Jenoside no gufasha abayikoze guhungira muri Zaïre, ubu ni muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo.

Jeune Afrique yanditse  ko ‘n’ubwo urwo ruzinduko ruteganyije ariko  bizaterwa n’imiterere y’icyorezo cya COVID-19 haba mu Bufaransa, haba no mu Rwanda.

Mu Ugushyingo umwaka ushize, Macron  yatangaje ko ateganya gusura u Rwanda muri uyu mwaka, mu ruzinduko rugamije gushimangira umubano urangwa hagati y’ibihugu byombi.

Uruzinduko rwe nirugenda nk’uko biteganyijwe mu Rwanda, azaba abaye Perezida wa kabiri w’u Bufaransa urusuye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uwa mbere wasuye u Rwanda  nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ni Nicolas Sarkozy.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa wagaragayemo ibibazo.

N’ubwo hari ibiri gushyirwa ku murongo, ariko kugeza ubu u Bufaransa nta Ambasaderi bufite mu Rwanda.

TAGGED:BufaransafeaturedJenosideMacronPerezidaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwunganizi Wa Kabuga Félicien Yivanye Mu Rubanza Rwe
Next Article FDLR Irashinjwa Urupfu Rwa Ambasaderi W’u Butaliyani Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Icyerekezo Minisiteri Y’Uburezi Ifite Ku Mubare W’Abarimu

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

Menya Uko u Rwanda Rwakiriye Amasezerano Yasinywe Hagati Ya Kinshasa Na AFC/M23

Ruhango: Arakekwaho Kwicisha Nyirakuru Inkoni

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Nyamasheke: Abaturage Barasaba Kugabanyirizwa Tike Y’Ubwato Bubafasha Kujya Guhaha

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

You Might Also Like

Mu mahanga

Trump Ati: “BBC Ngomba Kuyirega Byanze Bikunze”

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

2.9% By’Abanyarwanda Bafite Diyabete:RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?