Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Emmanuel Macron ‘Azasura’ U Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Emmanuel Macron ‘Azasura’ U Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2021 7:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, mu minsi iri imbere ateganya uruzinduko mu Rwanda, rushobora kuzaba hagati ya Mata na Gicurasi 2021.

Amakuru avuga ko Perezida Macron azasura u Rwanda mu bihe byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Intiti mu mateka ya Politiki y’u Rwanda n’u Bufaransa zivuga ko u Bufaransa bwagize uruhare mu gufasha Leta yateguye ndetse igashyira mu bikorwa Jenoside no gufasha abayikoze guhungira muri Zaïre, ubu ni muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo.

Jeune Afrique yanditse  ko ‘n’ubwo urwo ruzinduko ruteganyije ariko  bizaterwa n’imiterere y’icyorezo cya COVID-19 haba mu Bufaransa, haba no mu Rwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu Ugushyingo umwaka ushize, Macron  yatangaje ko ateganya gusura u Rwanda muri uyu mwaka, mu ruzinduko rugamije gushimangira umubano urangwa hagati y’ibihugu byombi.

Uruzinduko rwe nirugenda nk’uko biteganyijwe mu Rwanda, azaba abaye Perezida wa kabiri w’u Bufaransa urusuye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uwa mbere wasuye u Rwanda  nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ni Nicolas Sarkozy.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa wagaragayemo ibibazo.

N’ubwo hari ibiri gushyirwa ku murongo, ariko kugeza ubu u Bufaransa nta Ambasaderi bufite mu Rwanda.

- Advertisement -
TAGGED:BufaransafeaturedJenosideMacronPerezidaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwunganizi Wa Kabuga Félicien Yivanye Mu Rubanza Rwe
Next Article FDLR Irashinjwa Urupfu Rwa Ambasaderi W’u Butaliyani Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?