Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Ashima Ababyeyi Bohereza Abana Babo Mu Ngabo Z’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Ashima Ababyeyi Bohereza Abana Babo Mu Ngabo Z’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 November 2022 1:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda ubwo yatangaga impeta ku ngabo z’u Rwanda zirangije amasomo azinjiza ku rwego rwa Ofisiye, yashimye ababyeyi babo n’abandi Banyarwanda muri rusange bemerera abana babo kujya mu ngabo.

Kagame yavuze ko abasirikare bahawe amasomo biteguye bihagije kandi bafite ibisabwa byose kugira ngo barinde umutekano w’Abanyarwanda n’amajyambere y’abagituye.

Ati: “ Ingabo z’u Rwanda n’abandi bose bashinzwe umutekano wacu, icyo bivuze kujya muri uyu mwuga ni ukurinda iki gihugu n’amajyambere biganamo.”

Avuga ko ingabo z’u Rwanda zidashinzwe kurwana intambara, ahubwo ngo ibi biza hanyuma.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubundi ngo zishinzwe kurinda umutekano no kurinda amajyambere.

Iyo ibyo bihungabanyijwe n’intambara nibwo ingabo z’u Rwanda ziyirwana.

Perezida Kagame ubwo yagezaga ijambo ku basirikare barangije amasomo abinjiza muri ba ofisiye mu ngabo z’u Rwanda

Avuga ko mu myumvire y’ingabo z’u Rwanda, ikibanza ari ukwiyubaka no kurinda ibintu byose igihugu kigeraho.

Ngo bitandukanye no kubaka ingabo zishoza intambara.

Kagame yavuze ko iyo ari nayo mpamvu ingabo z’u Rwanda ziga byinshi birimo n’ikoranabuhanga.

- Advertisement -

Umukuru w’u Rwanda akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame avuga ko ingabo z’u Rwanda zigira akamaro haba mu Rwanda ndetse no hanze yarwo kandi byose ngo bigendana n’ibyo bize.

Perezida Kagame yacyebuye abasirikare barangije ariya masomo abasaba kutazatatira discipline bahigiye ngo ejo hazagire uwo bumva ngo yirukanywe.

Abasirikare 568 nibo bahawe ipeti rya sous-lieuternant ribinjiza mu ba ofisiye bakuru.

Muri bo 21 bize mu mahanga harimo mu Bwongereza, muri Amerika, mu Burusiya, muri  Qatar, Sri Lanka, muri Kenya no mu Butaliyani.

 

TAGGED:AbabyeyiAmahangafeaturedIngaboKagameRDFRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UNDP, EU N’Ikigo Norrsken Mu Uguteza Imbere Urubyiruko Rw’u Rwanda
Next Article Koreya Y’Epfo Irigamba Guhanura Indege Z’Iya Ruguru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?