Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Ati: ‘Afurika Si Umugabane W’Ibibazo’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Ati: ‘Afurika Si Umugabane W’Ibibazo’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 October 2022 7:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko abibwira ko Afurika ituwe n’abantu barazwe kuba abanyabibazo bibeshya. Ngo ntaho ibibazo bitaba bityo icyo abatuye Afurika basabwa ni uguhangana n’ibibazo byabo nk’uko n’ahandi bahangana n’ibibareba.

Hari mu ijambo yabwiye abanyacyubahiro batandukanye barimo na Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua bari baje kwifatanya n’urubyiruko rwo hirya no hino muri Afurika ruteraniye mu Rwanda muri Youth Connekt iri kuba ku nshuro ya 10.

Perezida Kagame yavuze ko kuba Afurika  ifite ibibazo ari ikintu gisanzwe kuko ntaho ibibazo bitaba.

Ati: “…Yego hari ibibazo ariko ntaho ibibazo bitaba. Bityo rero tugomba guhangana n’ibibazo byacu nk’uko n’ahandi bahangana nabyo, ariko ntitugomba kubaho twumva ko turi abanyabibazo.”

Yasabye urubyiruko rw’Afurika kumva ko gukora cyane ubwabyo bitageza umuntu ku ntego ye, ahubwo gukora ashyizemo ubwenge n’inteko ari byo byunganira imbaraga akoresha bityo akagera kucyo ashaka.

Yabwiye bagenzi be bayobora Afurika ko bagomba kujya biyegereza urubyiruko, bakaruha umwanya mu byemezo bifatirwa ibihugu kugira ngo bamenye uko bifatwa hakiri kare bityo ejo hazaza  hazabe aharwo.

Ati: “ Tugomba kubumvisha ko bafite uruhare mu guhangana n’ibibazo  dufite harimo ikirere cyahumanye, ikoranabuhanga n’ibindi…”

Yavuze ko  Abanyarwanda mu myaka 28 ishize, bumvaga bagomba gukora bakagera ku bintu bihambaye kandi  bikaba ibintu bigomba guharanirwa buri munsi.

Gushyiraho ziriya ntego no kuziharanira byatumye Abanyarwanda barenga  iby’amacakubiri ahubwo bahitamo gukora bakigira.

Kagame yavuze ko ari ngombwa ko umuntu atangira afite intego z’uko ibyo ashaka byose azabigeraho, akikuramo ibyo gushidikanya.

Ijambo rye ryarangiye ashimira urubyiruko rwari rumuteze amatwi kandi arusaba gukomeza gukorera ku ntego.

Abandi banyacyubahiro batanze ibiganiro ni Perezida wa Senegal Macky Sall na Perezida wa Namibia Hage Gottfried Geingob.

Batanze ibiganiro hifashishijwe ikoranabuhanga.

TAGGED:AfurikaKagamePerezidaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 230 Bafatanywe Ibiyobyabwenge Bifite Agaciro Ka Miliyoni £4.3
Next Article ‘Visit Musanze’: Isiganwa Ry’Amagare Rishishikariza Gusura Musanze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?