Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Avuga Ko Ubuyobozi u Rwanda Rufite Aribwo Rwari Rukwiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Avuga Ko Ubuyobozi u Rwanda Rufite Aribwo Rwari Rukwiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 February 2024 6:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Rwanda Day yaraye ibereye i Washington DC, Perezida Kagame yabwiye Abanyarwanda n’inshuti zabo ko u Rwanda rwahuye n’akaga gakomeye karugejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi; akavuga ko nta muntu ukwiye kwemera ko u Rwanda rusubira ahabi nk’aho.

Avuga ko ubuyobozi bwiza u Rwanda rufite ari bwo rwari rukwiye kandi ibyo rugeraho byose bigenwa no guhuza imbaraga kw’abarutuye.

Perezida Kagame avuga ko nyuma y’iriya Jenoside, Abanyarwanda bigiriye icyizere kandi ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi

Abanyarwanda bagera ku 6000 bari baje kumva ijambo rya Perezida wabo

Abanyarwanda bakoze ibintu bidasanzwe kandi ngo ibyo bibaha uburenganzia bwo kugira icyerekezo gikwiye, bigashingira ku rugendo baciyemo rutari rworoshye ariko ntibibabuze kurunyuramo bemye ubu  bakaba bari aho bifuza kuba.

Muri iyi Rwanda Day kandi Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta yabwiye abayitabiriye ko u Rwanda rwaguye amarembo ku buryo muri iki gihe rufite Ambasade henshi ku isi ndetse rwitegura no gufungura iya mbere muri Amerika y’Amajyepfo izashyirwa muri Brazil.

Guhera mu mwaka wa 2019 ubwo habaga Rwanda Day iheruka i Bonn mu Budage, kugeza  mu mwaka wa 2024, Biruta avuga ko u Rwanda rwafunguye Ambasade umunani mu migabane ine y’isi.

U Rwanda kandi rufite Ambasade 47 hirya no hino ku isi, hakaba hari Ambasade 44 z’ibihugu by’amahanga zikorera i Kigali; iheruka gutahwa ikaba ari iya Guinée Conakry yafunguwe ubwo Perezida w’iki gihugu Mamadi Doumbouya aheruka mu Rwanda.

Rwanda Day iri kubera i Washington DC muri Amerika ikaba yitabiriwe n’abantu barenga 6000 barimo Abanyarwanda n’inshuti zabo.

Amwe mu mafoto yaranze Rwanda Day ku munsi wa kabiri:

Abana b’Abanyarwanda batozwa guhamiriza gitore
Hobeeeee!
Umuhanzi Ruti Joel
Nelly Mukazayire n’inshuti z’u Rwanda
u Rwanda ni umutima uterera mu muntu
Madamu Jeannette Kagame yizihiwe
Ubwo yari ahageze asuhuza abitabiriye Rwanda Day Washington DC.
Perezida Kagame aganira n’Abanyarwanda baba mu mahanga
Yababwiye ko ubuyobozi bwiza bafite ari bwo bari bakwiye
TAGGED:AbanyarwandafeaturedJenosideKagameRwanda DayUbumwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Namibia Yapfuye
Next Article Umunyarwanda Yapfiriye Muri Bisi Muri Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?